-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Burundi: Minisitiri w’Imari Dr Alain Ndikumana avuga ko aterwa iterabwoba na FOMI imusaba miliyari zirenga 57 Fbu zitari mu masezerano

Dr Alain NDIKUMANA (Photo: archived)


Yabibwiye abagize Inteko Ishinga Amategeko asobanura ivugururwa ry’ingengo y’imari ya 2025/2026, ashimangira ko atazigera yishyura amafaranga atateganyijwe mu masezerano ya Leta.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi mu Burundi, Dr Alain Ndikumana, yatangaje ko ubuyobozi bwa sosiyete FOMI ikora ifumbire mvaruganda bukomeje kumutera iterabwoba bumusaba kwishyura Leta amafaranga arenga miliyari 57 z’amafaranga y’u Burundi (Fbu) atarateganyijwe mu masezerano, mu gihe yasobanuriraga abasenateri ku wa 27 Ukuboza 2025 umushinga wo kuvugurura ingengo y’imari y’igihugu ya 2025/2026.

Ibi bije bikurikirana inkuru Imihigo News yari yaratangaje ivuga ku byo Dr Alain Ndikumana ashinja bamwe mu bayobozi bo hejuru kunyereza umutungo wa Leta. Uyu munsi, Minisitiri avuga ko hari igitutu n’iterabwoba akomeje gushyirwaho, ariko ko atazigera agamburuzwa mu kwemeza kwishyura amafaranga Leta itagomba.

Minisitiri Ndikumana yasobanuriye abagize Inteko Ishinga Amategeko ko mu kwezi k’Ukuboza 2025, Minisiteri ayoboye yakiriye inyandiko ebyiri ziturutse kuri sosiyete FOMI, zisaba Leta kwishyura amafaranga avuga ko angana n’agaciro k’ifumbire yarengeje ku yo yari yaremereye Leta hashingiwe ku masezerano yari asanzwe ahari.

Iyo nyandiko ya mbere isaba Leta kwishyura miliyari 50,78 Fbu, amafaranga FOMI ivuga ko ahwanye n’ifumbire y’inyongera yatanze mu gihembwe B na C cy’umwaka wa 2025. Indi nyandiko yo isaba miliyari 6,83 Fbu, zivugwa ko zishingiye ku ifumbire yatanzwe hagati y’igihembwe B cy’umwaka wa 2024 n’igihembwe A cya 2025.



Minisitiri Ndikumana yabwiye abasenateri ko ayo mafaranga yose atazayemera, kuko atigeze ateganywa mu masezerano Leta ifitanye na FOMI.

Ati:"Mumbwire namwe ko ibi bintu twabikora. None aka si akamaramaza? Njyewe nta muntu n’umwe dupfa ikintu na kimwe. Nzize ukuri nta kibazo, n’iterabwoba ndaribona ariko ntacyo nzaba. Icyerekezo 2060 nzakibona neza. Mumbwire rero, aya mafaranga ava he?"

Yakomeje avuga ko u Burundi bumaze igihe burangwamo akajagari mu micungire y’ingengo y’imari, ashimangira ko igihe kigeze ngo ibyo bikorwa bihagarare burundu, kandi koko Minisiteri ayoboye igomba kurengera umutungo wa Leta n’uw’abaturage.

Lt Gen Gervais NDIRAKOBICA perezida wa SENA (Burundi)

Perezida wa Sena, Lt Gen Gervais Ndirakobuca, yasubije Minisitiri Ndikumana amwizeza ko abasenateri bamushyigikiye mu rugamba rwo kurwanya ruswa n’ubusahuzi bwa Leta.

Ati:"Kugira ngo sosiyete yacu ihinduke, bisaba ko hari abemera gushyira ukuri ahabona. Abarundi ntibakunda ukuri, rimwe na rimwe ushobora no kukuzira. Ariko ukuri nti gutinda kugasohora. Turi kumwe nawe, urwanira umutungo wa Leta n’uw’abanyagihugu."

Sosiyete FOMI yashinzwe muri Gashyantare 2019 igamije kugabanya ifumbire mvaruganda itumizwa mu mahanga. Yashinzwe na Adrien Ntigacika uzwi ku izina rya Ziranotse, umwe mu baherwe bakomeye mu Burundi, ariko ibikorwa byayo bikomeje kuvugwaho byinshi bijyanye n’imicungire n’imikoranire yayo na Leta.

Ibyatangajwe na Minisitiri Dr Alain Ndikumana byongeye gushyira ahabona ikibazo gikomeye cy’imicungire y’imari ya Leta, n’igitutu gishobora gushyirwaho abayobozi bagerageza gukorera mu mucyo. Mu gihe Inteko Ishinga Amategeko imwijeje ubufasha, abasesenguzi bemeza ko uru rubanza rushobora kuba ikizamini gikomeye ku bushake bwa Leta mu kurwanya ruswa no kurengera umutungo w’igihugu mu cyerekezo cya 2060.




IMIHIGO NEWS


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153