-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Uganda: Komisiyo y’Amatora yahakanye ibirego bya Bobi Wine byo kwiba amajwi



Komisiyo ivuga ko sisiteme ya ‘Biometric Voter Verification’ ituma bidashoboka ko umuntu yatora inshuro ebyiri, mu gihe amatora ateganyijwe ku wa 15 Mutarama 2026.

Komisiyo y’Amatora ya Uganda yahakanye ibirego by’umukandida w’opozisiyo Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, wavuze ko hari abantu bemerewe gutorera ahantu habiri hagamijwe kwiba amajwi, ivuga ko ibyo atari byo kandi ko ikoreshwa rya sisiteme ya Biometric Voter Verification System (BVVS) ridashobora kwemera amatora arenze imwe ku muntu umwe, mu gihe igihugu cyitegura amatora ateganyijwe ku wa 15 Mutarama 2026.

Ibi birego bya Bobi Wine byongeye kongera impaka ku bwizerwe bw’amatora muri Uganda, igihugu kimaze imyaka myinshi gihanganye n’ibibazo by’icyizere hagati ya opozisiyo n’inzego zitegura amatora, by’umwihariko mu gihe cy’amatora ya perezida.

Umukandida w’opozisiyo Robert Kyagulanyi (Bobi Wine), abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X (Twitter), yatangaje ko hari umuntu witwa Matovu Ronald wagaragaye ku rutonde rw’abatora ahantu habiri hatandukanye, avuga ko byerekana umugambi wo kwiba amajwi.

Bobi Wine yashimangiye ko uwo muntu ari umwe, ashingiye ku kuba amakuru ye arimo n’itariki yavukiye ahura mu duce twombi, asaba Komisiyo y’Amatora gusobanura uko byashobotse.

Mu gusubiza, Komisiyo y’Amatora ya Uganda yahise ihakana ibyo birego, ivuga ko abantu bavugwa ari abantu babiri batandukanye, kandi ko idashobora gushyira hanze amafoto yabo kubera impamvu z’umutekano no kubahiriza amategeko arengera abatora.

Iyo komisiyo yasobanuye ko ikoreshwa rya Biometric Voter Verification System (BVVS) ryaravuguruwe ku buryo:

  • buri mutora afatwa amafoto
  • hafatwa ibikumwe (fingerprints)
  • umuntu wamaze gutora adashobora kongera gutora ahandi

Komisiyo yanahakanye ikirego cya Bobi Wine kivuga ko urutonde rw’abazatora rutigeze rutangazwa, ivuga ko rwashyizwe ahabona hakurikijwe amategeko, ishimangira ko ibyo avuga ari ibinyoma bigamije kuyobya abaturage.

Mu gihe Uganda yitegura amatora ya 2026, impaka hagati ya Bobi Wine na Komisiyo y’Amatora zerekana ko icyizere mu matora kikiri ikibazo gikomeye. Nubwo Komisiyo ishimangira ko ikoranabuhanga rikoreshwa rituma amatora agira umutekano, opozisiyo ikomeje kubishidikanyaho, ibintu bishobora kugira ingaruka ku kwemera ibyavuye mu matora n’umutekano w’igihugu nyuma yayo.

 

IMIHIGO NEWS

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153