-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Umwiryane mu buyobozi bwa Wazalendo n’igisirikare cya RDC urushaho gufata indi ntera


Abayobozi ba Wazalendo bashinja abasirikare bakuru ba FARDC akagambane ko kunyereza umutungo no gutuma Goma ifatwa n’inyeshyamba za AFC/M23.

Umwuka mubi ukomeje kwiyongera hagati y’ubuyobozi bukuru bw’ihuriro ry’imitwe ya Wazalendo n’abayobozi bakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’uko hagaragajwe ibirego bikomeye by’akagambane no kunyereza umutungo wa Leta no kugira uruhare mu gutsindwa kw’ingabo za AFC/M23 ku rugamba rwo mu burasirazuba bw’iki gihugu.

Iyi myiryane itangiye kugaragara ku mugaragaro mu gihe Leta ya RDC ikomeje urugamba rwo guhangana n’imitwe yitwaje intwaro irimo AFC/M23, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo. Mu itangazo ryatanzwe n’umuvugizi w’imitwe ya Wazalendo, Jules Mulumba, hagarutswe ku bibazo by’imiyoborere n’imikorere byagize ingaruka zikomeye ku mutekano w’igihugu.



Jules Mulumba, uzwi kandi ku izina rya Habyarimana Mbitsemunda, yatangaje ko mu gisirikare cya RDC harimo akagambane gakomeye katagize ingaruka nziza ku mikorere y’imitwe ishyigikiwe na Leta ya Congo cyane cyane Wazalendo. Yavuze ko ibi bibazo bitagarukira gusa ku makimbirane yo mu biro gusa ahubwo byageze no ku myitwarire y’ingabo ku rugamba.

Mulumba yagaragaje ko ifungwa rya Gen Maj Janvier Mayanga wa Gishuba, wari Umuyobozi wungirije w’Inkeragutabara za RDC, ritaturutse ku makosa ya gisirikare ahubwo ryatewe n’uko yanze kwifatanya n’abantu bashinjwa kunyereza miliyoni umunani z’Amadolari ya Amerika (USD 8,000,000) zari zagenewe gufasha Wazalendo. Aya mafaranga ngo yari aturutse muri Minisiteri y’Ingabo n’iy’Imari.

Yashinje Umuyobozi Mukuru w’Inkeragutabara za RDC, Lt Gen Padiri Bulenda, kuba ari we uri inyuma y’iyo migambi yo kunyereza umutungo, anavuga ko ari na we ukomeje gutanga ubutumwa bushyira Wazalendo mu majwi mabi, ayishinja ibikorwa by’ubugizi bwa nabi n’ubwambuzi.

Mu byatangajwe byakomeje gukurura impaka, Mulumba yashinje Gen Fall Sikabwe uruhare rukomeye mu ifatwa ry’umujyi wa Goma n’inyeshyamba za AFC/M23 ku wa 27 Mutarama 2025. Yavuze ko uyu musirikare mukuru yaremaje cyangwa agahagarika ibikorwa bihuriweho by’ingabo za SADC iz’u Burundi na Wazalendo bikaba byaratumye umwanzi yinjira mu mujyi byoroshye.

Yakomeje ashinja abandi bofisiye bakuru barimo Lt Gen Masunzu Pacifique na Brig Gen Olivier Gasita, bakomoka mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo kuba baragize uruhare mu gutsindwa kw’ingabo za Leta n’iza Wazalendo ariko agatangazwa n’uko kugeza ubu bakidegembya batagejejwe imbere y’ubutabera.

Mu murwa mukuru Kinshasa, amakuru yemeza ko hafunzwe abasirikare bakuru benshi barimo Gen Dieudonne Mutupeke Kiamata, Gen Marcel Mbangu Mashita, Gen Franck Ntumba wari ushinzwe igisirikare mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu, ndetse na Gen Christian Tshiwewe Songesha wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC. Bose bashinjwa uruhare mu mugambi wo gushaka kugirira nabi Perezida Félix Tshisekedi.

Wazalendo ihamya ko Gen Ntumba na Gen Tshiwewe ari bo bateguye umugambi wo gukuraho ubutegetsi buriho, mu gihe bavuga ko Gen Mutupeke na Gen Mbangu bafunzwe barengana, bazira ibyaha batakoze.

Iyi myiryane hagati ya Wazalendo n’ubuyobozi bukuru bw’igisirikare cya RDC igaragaza ishusho y’ikibazo gikomeye cy’imiyoborere n’imikoranire hagati y’imitwe yitwaje intwaro yishyigikiwe na Leta n’inzego za gisirikare. Mu gihe Leta ya Kinshasa ikomeje guhangana n’umutekano muke mu burasirazuba bw’igihugu, abasesenguzi bagaragaza ko kudakemura ibi bibazo by’imbere mu gisirikare bishobora gukomeza guhungabanya intsinzi y’urugamba no gukomeza gushyira abaturage mu kaga.

 


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153