![]() |
| Remedial program rwanda 2025-2026 |
Mu rwego rwo gukomeza kuzamura ireme ry’uburezi no gufasha abanyeshuri bafite intege nke mu myigire, gahunda y’Amasomo y’Inyongera (Remedial Learning Program) irakomeje gushyirwa mu bikorwa mu mwaka w’amashuri wa 2025–2026. Iyi gahunda igamije gufasha abanyeshuri bagera ku 230,000 bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye kongera ubushobozi mu masomo y’ingenzi arimo Kinyarwanda, Imibare n’Icyongereza.
Gahunda y’Amasomo y’Inyongera yashyizweho hagamijwe kugabanya
icyuho cy’imyigire cyagaragaye ku banyeshuri bamwe na bamwe, binyuze mu kubaha
amasomo y’inyongera akorwa mu gihe cyagenwe n’amashuri. Iyi gahunda iteganya ko
abarimu, abayobozi b’amashuri, ababyeyi n’izindi nzego z’uburezi bakorana
kugira ngo abanyeshuri bafite intege nke bongere ubushobozi bwabo, bityo
barusheho gutsinda neza amasomo no kugabanya umubare w’abasibira cyangwa abata
ishuri.
Mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’Amasomo y’Inyongera mu
mwaka w’amashuri wa 2025–2026, hibandwa cyane ku banyeshuri bagaragaje intege
nke mu masomo y’ibanze. Amasomo y’Ikinyarwanda, Imibare n’Icyongereza mu cyiciro
cya mbere cy’amashuri abanza ndetse n’Ikinyarwanda,icyongereza,imibare,Amasomo
mbonezamubano(SRS) ndetse n’Ubumenyi bucirirtse (SET) ni yo yahawe umwanya
munini kuko ari yo afatwa nk’inkingi y’iterambere ry’ubumenyi bw’umunyeshuri.
Isesengura ry’imigendekere y’iyi gahunda mu mwaka w’amashuri
ushize ryagaragaje ko abanyeshuri benshi bayitabiriye bagize iterambere mu
myigire, ibintu byatanze icyizere ko gukomeza kuyishyira mu bikorwa bishobora
kurushaho guteza imbere ireme ry’uburezi mu gihugu.
Muri uyu mwaka, ubuyobozi bw’uburezi burateganya gukomeza
gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda, bukangurira abarimu gukoresha
neza imfashanyigisho zateganyijwe no gutanga amasomo mu buryo bufasha
abanyeshuri gusobanukirwa neza ibyo biga. Ababyeyi na bo basabwa kugira uruhare
mu gukurikirana imyigire y’abannyeshuri babo no kubashishikariza kwitabira aya
masomo.
Ku ruhande rw’imiyoborere y’amashuri, abayobozi basabwa
gukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda, kumenya uko amasomo agenda no
gutanga raporo ku nzego zibishinzwe. Ibi bigamije kugira ngo gahunda igende
neza kandi abanyeshuri bayigenerwa babone ubufasha bukwiye.
Abashinzwe uburezi kandi bakomeje kwibutsa abarimu ko amahugurwa
n’imfashanyigisho bijyanye n’iyi gahunda ari ingenzi mu gutanga amasomo yujuje
ubuziranenge, bityo buri wese ufite inshingano muri gahunda agasabwa kuzuza
neza ibyo ashinzwe.
Gahunda y’Amasomo y’Inyongera ikomeje gufatwa nk’imwe mu ngamba
zigamije kuzamura ireme ry’uburezi no gufasha abanyeshuri bafite ibibazo
by’imyigire kongera ubushobozi. Ubufatanye hagati y’abarimu, abayobozi
b’amashuri, ababyeyi n’inzego z’uburezi buzaba ingenzi kugira ngo intego z’iyi
gahunda zigerweho, bityo abanyeshuri barusheho gutsinda no gukomeza amashuri
yabo neza.
Source: REB Remedial Learning Program Guidelines 2025–2026)
Yanditswe UWARIVUZE Emmanuel
Journalist - IMIHIGONEWS
.jpg)
0 Comments
Imihigonews