![]() |
| Rwanda Basic Education Board |
Imyanya y’ubuyobozi bw’amashuri irashyirwa ku isoko mu cyumweru gitaha, mu gihe abarimu 500 bari kuri waiting list bazahabwa offers.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) cyatangaje ko abayobozi
b’amashuri abanza n’ayisumbuye 890 batabashije kubona amanota 70 kuri 100 mu
isuzuma ry’ubuyobozi basubijwe ku mwanya w’ubwarimu, mu rwego rwo kunoza
imiyoborere y’amashuri no guteza imbere ireme ry’uburezi.
Ibi byatangajwe na Dr Mutezigaju Flora, Umuyobozi Mukuru wa REB, mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, aho yasobanuye ko impinduka zakozwe zigamije gushyira mu myanya y’ubuyobozi abarimu bafite ubushobozi, ubunararibonye n’indangagaciro bikwiye kuyobora amashuri.
Dr Mutezigaju Flora yavuze ko abayobozi bose batabashije kugera ku manota
asabwa (70/100) bahise bakurwa muri sisiteme y’abayobozi b’amashuri (Head
Teachers/Principals) bagasubizwa ku myanya yabo y’ubwarimu, haba mu mashuri
abanza n’ayisumbuye.
Yongeyeho ko imyanya yose 890 yasigaye ari vacant izashyirwa ku isoko mu cyumweru gitaha, kugira ngo abarimu basanzwe bigisha bayipiganire binyuze mu buryo bwemewe (mis/mitfotra) aha,ashimangira ko abarimu b’abadamu bashishikarizwa cyane kwitabira iri piganwa, kuko byagaragaye ko bagaragaza ubushobozi n’umwete mu buyobozi.
REB yanatangaje kandi ko abarimu 500 batsinze isuzuma
ry’ubuyobozi bari ku rutonde rwo gutegereza (waiting list) bazahabwa offers mu
cyumweru gitaha, bityo imyanya izasigara ipiganirwa izaba 390.
Ku mashuri yayoborwaga n’abayobozi batatsinze isuzuma, Dr Mutezigaju Flora yasobanuye ko mu gihe hategerejwe abayobozi bashya, umwarimu ufite uburambe
burenze abandi kandi ufite ubushobozi mu buyobozi ari we uzajya ayobora ishuri
by’agateganyo, kugira ngo ibikorwa by’amashuri bitadindira.
Izi mpinduka za REB zije mu gihe Guverinoma y’u Rwanda ikomeje
gushyira imbaraga mu kunoza imiyoborere y’amashuri no guteza imbere ireme
ry’uburezi, aho kuyobora ishuri bifatwa nk’inshingano isaba ubumenyi,
ubunararibonye n’ubwitange. Abarimu bujuje ibisabwa barasabwa gukurikira
amatangazo azashyirwa ahagaragara no kwitegura guhatanira iyo myanya.


0 Comments
Imihigonews