Ibyo bihugu byatangaje ko uwo mwanzuro unyuranyije n’amategeko mpuzamahanga kandi ushobora guhungabanya umutekano w’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba n’Inyanja Itukura, mu gihe Somalia iherutse kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Ibihugu 21 birimo ibyinshi byo mu Barabu, Afurika n’imiryango
mpuzamahanga y’Abayisilamu, byasohoye itangazo rihuriweho ryamagana icyemezo
Guverinoma ya Israel yafashe ku wa 26 Ukuboza 2025 cyo kwemera Somaliland
nk’igihugu cyigenga, bivuga ko ari igikorwa kinyuranyije n’amategeko
mpuzamahanga kandi gishobora guteza umutekano muke mu karere ka Horn of Africa
n’Inyanja Itukura.
Iri tangazo rije mu gihe akarere ka Afurika y’Iburasirazuba
karimo guhinduka cyane mu bya politiki n’umutekano, by’umwihariko nyuma y’uko Somalia
ibaye umunyamuryango mushya w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC),
ibintu byongereye uburemere bw’ubusugire n’ubumwe bw’icyo gihugu ku rwego
rw’akarere n’isi yose.
Ibyo bihugu byatangaje ko icyemezo cya Israel cyo kwemera
Somaliland nk’igihugu cyigenga kibangamira ubusugire bwa Somalia, igihugu
Somaliland yakomeje kwifata nk’igice cyacyo kuva mu 1991 nubwo itigeze yemerwa
ku mugaragaro n’Umuryango w’Abibumbye (UN).
Mu itangazo ryabo, byavuze ko uwo mwanzuro:
Unyuranyije n’amategeko mpuzamahanga agenga ubusugire bw’ibihugu, Ushobora
guhungabanya umutekano w’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba,Wateza umwuka mubi
mu bihugu bikora ku Nyanja Itukura, ahafite akamaro kanini mu bucuruzi
mpuzamahanga.
Ibihugu byashyize umukono kuri iri tangazo birimo Arabie
Saoudite, Misiri, Turikiya, Iran, Pakistan, Qatar, Jordan, Algerie, Iraq,
Kuwait, Oman, Libya, Palestine, Somalia, Sudan, Yemen, Comoros, Djibouti,
Gambia, Nigeria, Ibirwa bya Maldives, hamwe n’Umuryango Mpuzamahanga
w’Abayisilamu ku Isi (OIC).
Iri tangazo rishimangira ko gushyira hanze umwanzuro uhuriweho
bigamije gushyigikira Somalia mu gukomeza kugenzura no kurinda ubusugire
bw’ubutaka bwayo, cyane cyane mu bihe igihugu kiri kongera kwiyubaka no
kwiyegereza imiryango mpuzamahanga.
Ku wa 26 Ukuboza 2025, Minisitiri w’Intebe wa Israel
n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga bashyize umukono ku
itangazo ryemeza Somaliland nk’igihugu cyigenga, banatangaza ko Israel yiteguye
gutangira ubufatanye n’iyo ntara mu nzego zirimo ubuhinzi, ubuzima,
ikoranabuhanga n’ubukungu.
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yahise
ahamagara kuri telefone Perezida wa Somaliland, Dr. Abdirahman Mohamed Abdalla,
amushimira imiyoborere ye n’uko “yiyemeje guteza imbere umutekano n’amahoro”,
anamumenyesha ko azishimira kumwakira muri Israel mu gihe kiri imbere.
Iyi nkuru ibaye mu gihe Somalia imaze kuba umunyamuryango wa
munani wa EAC, ibintu byafashwe nk’intambwe ikomeye mu kongera ubufatanye bwayo
n’ibihugu byo mu karere. Ibyo byongereye uburemere bw’icyo gihugu mu bya
politiki n’ubukungu, bituma ibihugu byinshi byibaza ingaruka icyemezo cya
Israel gishobora kugira ku bufatanye bw’akarere.
Bemeza kandi ko uko ibihugu bikomeje gushyigikira ubusugire bwa
Somalia, ari ko amahirwe yo kubona umuti urambye w’iki kibazo ushobora
kwiyongera, hagamije kubungabunga amahoro n’umutekano mu karere ka Afurika
y’Iburasirazuba n’Inyanja Itukura.

0 Comments
Imihigonews