-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

RDC Iteganya Undi Mufatanyabikorwa mu Bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro Niba Amasezerano na Amerika Atagezweho

Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri DRC LW KAMBANDA

Kuri uyu wa 11 Gashyantare 2026 – Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Louis Watum Kabamba yatangaje ko igihugu cye gishobora gushaka undi mufatanyabikorwa mushya mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ni mu gihe amasezerano yasinywe na Leta Zunze Ubumwe ya Amerika atagira icyo ageraho.

Yabivugiye mu nama mpuzamahanga izwi nka Mining Indaba Conference, yabereye i Cape Town muri Afurika y’Epfo ku wa 11 Gashyantare 2026, ahateraniye abayobozi, abashoramari n’inzobere mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro baturutse hirya no hino ku Isi.

Ku wa 4 Ukuboza 2025, RDC na Amerika bashyize umukono ku masezerano yemerera abashoramari b’Abanyamerika kugenzura no gushora imari mu birombe byinshi by’amabuye y’agaciro muri Congo, mu gihe Amerika nayo yagombaga gufasha RDC mu kubaka no gushimangira inzego z’umutekano.

Ariko Minisitiri Kabamba yavuze ko ayo masezerano akiri ku rwego rw’ibanze kandi ko nta cyemezo ndakuka kirafatwa.

Yagize ati:“Ashobora kuvamo umushinga munini kandi mwiza. Ashobora kandi kutagira icyo ugeraho. Tuzakomeza kuganira kuko hari abafatanyabikorwa benshi.”

Yanashimangiye ko RDC itazigera igurisha umutungo wayo ku giciro kidafite inyungu:

“Ku batekereza ko tuzagurisha Amerika ibintu byose tukabona ubusa, babyumve neza. Nta kintu twagurishije kandi nta kintu tuzagurisha mu gihe ntacyo twunguka.”

RDC icukura 10% gusa by’umutungo ifite

Nubwo RDC ifatwa nk’igihugu gikungahaye cyane ku mabuye y’agaciro arimo cobalt, lithium, zahabu, cuivre (copper), manganese n’andi akenerwa mu ikoranabuhanga, Minisitiri Kabamba yavuze ko igihugu cye kiri gucukura ku kigero cya 10% gusa by’umutungo gifite.

Ibi bivuze ko hari amahirwe menshi ku bashoramari mpuzamahanga, cyane cyane mu gihe isi iri mu ihindagurika ry’ikoranabuhanga rishingiye kuri batiri z’imodoka zikoresha amashanyarazi (electric vehicles – EVs) n’ibikoresho by’ikoranabuhanga bigezweho.

Ihangana rya Amerika n’u Bushinwa ku mabuye y’agaciro

Amerika ikomeje gushaka uko yakongera ubushobozi bwayo mu kubona amabuye y’agaciro akenerwa cyane mu nganda, mu rwego rwo guhangana n’u Bushinwa rusanzwe rufite ijambo rikomeye ku isoko mpuzamahanga ry’uyu mutungo.

Icyakora, Minisitiri Kabamba yavuze ko RDC itazishyira mu ihangana ry’ibihugu bikomeye:

“Ihangana ry’u Bushinwa na Amerika ntitureba. Tugomba kureba inyungu zacu nka RDC.”

Nubwo bimeze bityo, mu mpera za Mutarama 2026, RDC yoherereje Amerika urutonde rw’amabuye y’agaciro Abanyamerika bashobora gucukura no gutunganya, arimo manganese, zahabu, lithium, cuivre na cobalt.

Aho Abanyamerika bashobora gushora imari

Abashoramari b’Abanyamerika bashobora kwinjira mu birombe bikurikira:

Ibi birombe bifatwa nk’ingenzi ku rwego mpuzamahanga kubera ubwinshi bw’amabuye y’agaciro akenerwa cyane mu ikoranabuhanga rigezweho.

IMIHIGONEWS| International News / Ubucuruzi n’Ubukungu

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153