Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Uburezi (REB) cyatangaje ku wa 26
Ukuboza 2025 amanota y’imihigo y’Abayobozi b’Amashuri barimo Abayobozi
b’Amashuri (Headteachers), AbaDOS n’AbaDOD, aya manota atangazwa binyuze mu
ikoranabuhanga rya TMIS (Teacher Management Information System).
Ibi bikorwa hashingiwe ku ngingo ya 45 y’Iteka rya Minisitiri
w’Intebe No 033/03 ryo ku wa 12/11/2024, rigena sitati yihariye igenga abakozi
b’ibigo by’amashuri y’ibanze, aho biteganywa ko imikorere y’abayobozi
b’amashuri igomba gusuzumwa, gupimwa no kwemezwa mu buryo bunoze kandi
bushingiye ku mategeko.
REB yasobanuye ko aya manota yabazwe hashingiwe ku byiciro
bitandukanye bigaragaza imikorere rusange y’umuyobozi w’ishuri, birimo:
- Ikizamini
cy’imiyoborere y’ishuri (School Leadership Test),
- Isuzuma
rikorwa n’ubuyobozi bw’Akarere (District Evaluation),
- Ikizamini
cy’ururimi rw’Icyongereza (English Proficiency Test),
- Ubugenzuzi
bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri
(NESA),
- Umusaruro
w’abanyeshuri mu myaka itatu ishize.
Nyuma yo kubarwa, buri muyobozi ahabwa amanota ku gipimo cya 100,
agashyirwa mu cyiciro cy’imikorere (Category) no mu cyemezo (Decision)
kijyanye n’uko yakomeza inshingano ze cyangwa hagafatwa izindi ngamba
ziteganywa n’amategeko.
REB yatangaje ko abayobozi b’amashuri bareba amanota yabo ku
giti cyabo banyuze muri konti zabo za TMIS, bakurikije izi ntambwe:
- My
Profile
- Evaluations
- School
Leaders’ Evaluations
Muri TMIS harimo kandi ahagenewe ibikorwa (Actions), aho
abayobozi bafite impungenge ku manota bahawe bashobora gusaba kujurira (Appeal)
cyangwa gusaba kurekarama ku bushake, mu gihe babyifuza, byose bikaba bikorwa
mu mucyo no mu buryo bukurikije amategeko.
REB yashimangiye ko iri suzuma ritagamije guhana abayobozi
b’amashuri, ahubwo rigamije:
- Kunoza
imiyoborere y’amashuri,
- Kongera
ubushobozi bw’abayobozi,
- Guteza
imbere ireme ry’uburezi mu Rwanda,
- Gutuma
habaho accountability ishingiye ku mategeko n’imikorere igaragara.
Iyi gahunda iri mu murongo wa Leta wo gukoresha ikoranabuhanga
mu gukurikirana no gupima imikorere y’abayobozi n’abarimu, hagamijwe uburezi
bufite ireme kandi bujyanye n’icyerekezo cy’igihugu.
REB yasabye abayobozi b’amashuri bose kwihutira kureba amanota
yabo muri TMIS, bakayasoma neza, kandi bagakoresha inzira zemewe n’amategeko mu
gihe bafite ibibazo cyangwa ibyifuzo byihariye.

0 Comments
Imihigonews