Abasesenguzi bibaza niba igifungo cya burundu cy’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe kidahishura intambara y’ububasha n’ivugurura rikomeye muri CNDD-FDD.
Kugwa kwa Alain-Guillaume Bunyoni, wahoze ari umwe mu nkingi za
mwamba za CNDD-FDD n’inzego z’umutekano z’u Burundi, gukomeje guteza impaka
zikomeye mu gihugu no hanze yacyo. N’ubwo ubutegetsi buvuga ko igifungo cya
burundu yakatiwe ari umwanzuro wigenga wafashwe n’inkiko, abasesenguzi benshi
bakomeje kwibaza niba uru rubanza rutagaragaza byimbitse amakimbirane ya
politiki yo imbere mu ishyaka riri ku butegetsi, cyane cyane intambara
y’ububasha n’ivugurura rikomeye ryatangiye kugaragara nyuma y’uko Perezida
Evariste Ndayishimiye afata ubutegetsi mu 2020.
Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi rwakatiye Bunyoni igifungo cya
burundu nyuma yo kumuhamya ibyaha birindwi bikomeye, birimo gushaka guhirika
ubutegetsi, gucura imigambi yo kugirira nabi Perezida wa Repubulika, gusuzugura
abayobozi b’igihugu, gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko,
guhungabanya imikorere ya Leta, kwaka inyungu zitemewe n’amategeko ndetse no
kwikungahaza mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Uburemere bw’ibi byaha
bwakomeje gutuma uru rubanza rufatwa nk’urwihariye mu mateka ya politiki y’u
Burundi.
Nyuma yo gufungwa, ubuzima bwa Bunyoni bwatangiye kujya mu kaga,
by’umwihariko bitewe n’uko atahawe serivisi z’ubuvuzi zihagije, n’ubwo yari
azwiho kurwara diabète, indwara idakira isaba kwitabwaho bihoraho. Abagize
umuryango we hamwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu bagaragaje
impungenge ko kubura ubuvuzi buhoraho byagize ingaruka mbi ku buzima bwe,
ibintu byafashwe nk’ikimenyetso cy’uko afatwa mu buryo butavugwaho rumwe.
Iyi myitwarire yakomeje kwamaganwa n’imiryango mpuzamahanga
n’iyo mu karere iharanira uburenganzira bwa muntu, yashinje ubutegetsi bw’u
Burundi kudaha agaciro amahame mpuzamahanga arengera abafunzwe. Iyo miryango
yibukije ko, n’iyo umuntu yaba yarahamijwe ibyaha bikomeye gute, agomba guhabwa
uburenganzira busesuye, harimo n’ubuvuzi bukwiye.
Mu gihe igitutu cy’amahanga cyarushagaho kwiyongera, hari
amakuru avuga ko Perezida Ndayishimiye yatanze amabwiriza yo kwimura Bunyoni mu
bitaro bitandukanye mu ibanga. Ku wa 27 Ukuboza 2025, Bunyoni yajyanywe mu
bitaro bya Kira i Bujumbura, avuye mu Ntara ya Gitega aho yari amaze amezi
abiri avurirwa. Ibi byabaye mu gihe inzego za Leta zitigeze zitanga ibisobanuro
birambuye ku mpamvu n’imiterere y’izi ngendo z’ubuvuzi.
Abanenga ubutegetsi bavuga ko uku kuzengurutswa mu bitaro
bishobora kuba byarakozwe mu rwego rwo guhosha igitutu cy’amahanga kurusha kuba
ugushaka gutanga ubuvuzi bunoze kandi buboneye. Abasesenguzi ba politiki
bagaragaje impungenge ko, hashingiwe ku buremere bw’igifungo cya burundu
yakatiwe, hari icyizere gike ko ubutegetsi bufite ubushake bwo gukomeza
kumufata nk’ufite uburenganzira busesuye nk’abandi bafunzwe.
Ibi byose byakomeje gushyira urubanza rwa Bunyoni mu rwego rwa
politiki kurusha urw’ubutabera gusa, bigatuma rufatwa nk’ikimenyetso
cy’impinduka n’ivugurura riri gukorwa mu miterere y’ububasha bwa CNDD-FDD.
Mu gihe Perezida Evariste Ndayishimiye akomeje gushimangira ko
ubutabera bw’igihugu bwatanzwe mu bwigenge kandi ko amategeko yakurikijwe,
abanenga ubutegetsi bo bavuga ko uko Alain-Guillaume Bunyoni afatwa mu gihe
afunze bigaragaza isura iteye impungenge ku miyoborere, ubutabera n’imibanire
y’ubutegetsi n’ishyaka riri ku butegetsi.
Kugwa kwa Bunyoni gukomeje gufatwa nk’ingaruka z’impinduka
zikomeye zabaye mu bufatanye bwa politiki nyuma y’ifatwa ry’ubutegetsi rya
Ndayishimiye mu 2020. Bunyoni, wahoze ari umwe mu bayobozi bakomeye mu nzego
z’umutekano kandi wizerwaga cyane na nyakwigendera Perezida Pierre Nkurunziza,
yaje kwisanga ari mu mwanya mushya, aho uwigeze kuba igihangange cya politiki
yahindutse ikigeragezo cy’uko ubutegetsi bushya bumenya gukemura amakimbirane
yo imbere mu ishyaka.
Ku bw’abasesenguzi, ikibazo cya Bunyoni kirenze umuntu ku giti
cye: ni indorerwamo igaragaza uko politiki y’imbere muri CNDD-FDD iri kugenda
ihinduka, uko ububasha buri gusaranganywa bundi bushya, n’ingaruka ibi
bishobora kugira ku hazaza h’ubutabera n’imiyoborere y’u Burundi.
0 Comments
Imihigonews