-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Amerika yatangaje igitero simusiga kuri Venezuela, Perezida Nicolás Maduro afatwa akurwa mu gihugu

                                      Perezida Nicolas Maduro n'umugore we Cilia Flores bafashwe na Amerika



Trump avuga ko ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakoze igikorwa cyihariye cyibasiye ubutegetsi bwa Venezuela, mu gihe Caracas ivuga ko ari igitero cy’ubukoloni kigamije umutungo kamere

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zagabye ibitero simusiga mu murwa mukuru wa Venezuela, Caracas, bikarangira Perezida Nicolás Maduro n’umugore we bafashwe bakurwa muri icyo gihugu, nk’uko yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Mutarama 2026.

Ibi byatangajwe mu gihe umubano wa Amerika na Venezuela wari umaze igihe umeze nabi, ahanini ushingiye ku birego Trump ashinja ubutegetsi bwa Maduro birimo gucuruza ibiyobyabwenge no guhungabanya umutekano wa Amerika. Iri tangazo ryahise rituma isi yose ihanga amaso ibibera muri Venezuela.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, Perezida Donald Trump yatangaje ko Amerika yakoze igitero kinini kandi cyagenze neza, kigamije guca intege ubuyobozi bwa Venezuela. Mu butumwa bwe, yagize ati:“Perezida Nicolás Maduro n’umugore we bafashwe bavanwa muri icyo gihugu.”

Trump yongeyeho ko ibindi bisobanuro birambuye ku by’iki gikorwa azabigeza ku banyamakuru mu kiganiro azagiranina nabo mu rugo rwe Mar-a-Lago, ruherereye muri Leta ya Florida.

Ku rundi ruhande, ubutegetsi bwa Venezuela bwemeje ko Amerika yagabye ibitero mu murwa mukuru Caracas, ndetse no mu zindi ntara eshatu zirimo Miranda, La Guaira na Aragua. Bwagaragaje ko ibi bitero byatumye Perezida Nicolás Maduro atangaza ibihe bidasanzwe, hagamijwe kurinda umutekano w’igihugu.

Ifoto igaragaza ibitero by'Amarika muri Venezuwera


Perezida Trump yari amaze igihe atangaza ko Venezuela ari imwe mu nzira nyamukuru ibiyobyabwenge binyuramo byinjira muri Amerika, ashinja ubutegetsi bwa Maduro kubigiramo uruhare. Ibyo byatumye atangiza ibikorwa byo guhiga amato yavugwagaho gutwara ibiyobyabwenge ava muri Venezuela ajya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Si ibyo gusa, kuko mu minsi ishize Amerika kandi yafashe amato atwara peteroli ya Venezuela, ibintu byakomeje kongera umwuka mubi n’umwiryane hagati y’ibi bihugu byombi.

Amakuru dukesha abc News mu kiganiro kiri kuba bise "pres. Trump: we are going to run the country after venezuela's Maduro captured in US Trike" Yavuze ko Venezuela yamaganye ibi bikorwa, ivuga ko ari imyitwarire ya gikoloni, ishimangira ko Amerika idaharanira kurwanya ibiyobyabwenge nk’uko ibivuga, ahubwo ishaka kwigarurira peteroli n’indi mitungo kamere y’icyo gihugu.

Ibyatangajwe na Perezida Donald Trump bikomeje guteza impungenge ku mutekano wa Venezuela n’akarere ka Amerika y’Epfo muri rusange, aho abasesenguzi bavuga ko ibi bishobora kugira ingaruka zikomeye ku bukungu, ku mutekano w’abaturage no ku mubano mpuzamahanga. Isi yose ikomeje gutegereza ibisobanuro birambuye by’iki gikorwa, n’uko kizagira ingaruka ku hazaza h’ubutegetsi bwa Venezuela.

 

IMIHIGO NEWS | With in the best News

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153