![]() |
Trump avuga ko ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakoze
igikorwa cyihariye cyibasiye ubutegetsi bwa Venezuela, mu gihe Caracas ivuga ko
ari igitero cy’ubukoloni kigamije umutungo kamere
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump,
yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zagabye ibitero simusiga mu murwa mukuru wa
Venezuela, Caracas, bikarangira Perezida Nicolás Maduro n’umugore we bafashwe
bakurwa muri icyo gihugu, nk’uko yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3
Mutarama 2026.
Ibi byatangajwe mu gihe umubano wa Amerika na Venezuela wari
umaze igihe umeze nabi, ahanini ushingiye ku birego Trump ashinja ubutegetsi
bwa Maduro birimo gucuruza ibiyobyabwenge no guhungabanya umutekano wa Amerika.
Iri tangazo ryahise rituma isi yose ihanga amaso ibibera muri Venezuela.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, Perezida Donald Trump yatangaje ko Amerika yakoze igitero kinini kandi cyagenze neza, kigamije guca intege ubuyobozi bwa Venezuela. Mu butumwa bwe, yagize ati:“Perezida Nicolás Maduro n’umugore we bafashwe bavanwa muri icyo gihugu.”
Trump yongeyeho ko ibindi bisobanuro birambuye ku by’iki gikorwa
azabigeza ku banyamakuru mu kiganiro azagiranina nabo mu rugo rwe Mar-a-Lago,
ruherereye muri Leta ya Florida.
Ku rundi ruhande, ubutegetsi bwa Venezuela bwemeje ko Amerika
yagabye ibitero mu murwa mukuru Caracas, ndetse no mu zindi ntara eshatu zirimo
Miranda, La Guaira na Aragua. Bwagaragaje ko ibi bitero byatumye Perezida
Nicolás Maduro atangaza ibihe bidasanzwe, hagamijwe kurinda umutekano
w’igihugu.
![]() |
| Ifoto igaragaza ibitero by'Amarika muri Venezuwera |
Perezida Trump yari amaze igihe atangaza ko Venezuela ari imwe mu nzira nyamukuru ibiyobyabwenge binyuramo byinjira muri Amerika, ashinja ubutegetsi bwa Maduro kubigiramo uruhare. Ibyo byatumye atangiza ibikorwa byo guhiga amato yavugwagaho gutwara ibiyobyabwenge ava muri Venezuela ajya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Si ibyo gusa, kuko mu minsi ishize Amerika kandi yafashe amato
atwara peteroli ya Venezuela, ibintu byakomeje kongera umwuka mubi n’umwiryane
hagati y’ibi bihugu byombi.
Amakuru dukesha abc News mu kiganiro kiri kuba bise "pres. Trump: we are going to run the country after venezuela's Maduro captured in US Trike" Yavuze ko Venezuela yamaganye ibi bikorwa, ivuga ko ari imyitwarire ya
gikoloni, ishimangira ko Amerika idaharanira kurwanya ibiyobyabwenge nk’uko
ibivuga, ahubwo ishaka kwigarurira peteroli n’indi mitungo kamere y’icyo gihugu.
Ibyatangajwe na Perezida Donald Trump bikomeje guteza impungenge
ku mutekano wa Venezuela n’akarere ka Amerika y’Epfo muri rusange, aho
abasesenguzi bavuga ko ibi bishobora kugira ingaruka zikomeye ku bukungu, ku
mutekano w’abaturage no ku mubano mpuzamahanga. Isi yose ikomeje gutegereza
ibisobanuro birambuye by’iki gikorwa, n’uko kizagira ingaruka ku hazaza
h’ubutegetsi bwa Venezuela.


0 Comments
Imihigonews