-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Abanyamulenge Bareze Leta y’u Burundi muri EACJ ku Byaha By’Intambara Bikekwa ko Byakorewe muri Kivu y’Amajyepfo

Imiryango yabemeye kujyana Uburundi mu rukiko rwa EACJ

Imiryango ibiri ihagarariye Abanyamulenge batuye muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatanze ikirego mu rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ishinja Leta y’u Burundi uruhare mu byaha by’intambara n’ibyibasira inyokomuntu.

Iyi miryango, ADEPAE na Mutualité Shikama, yatangaje ko kuva mu Ukwakira 2025, ingabo z’u Burundi zoherejwe muri Kivu y’Amajyepfo zafunze inzira zihuza Komini Minembwe n’ibindi bice birimo amasoko n’amavuriro.

Nk’uko bigaragara mu kirego, abafunguye izi nzira bavuga ko byagize ingaruka zikomeye ku mibereho y’abaturage, harimo kubura ibiribwa, imiti n’ubundi bufasha bw’ibanze. Banashinja izo ngabo ibikorwa birimo gushimuta abantu, kubakorera iyicarubozo no gusenya imitungo.

Umwe mu banyamategeko bunganira abatanze ikirego, Me Innocent Nteziryayo, yavuze ko bafite ibimenyetso n’ubuhamya bazashyikiriza urukiko.

Umuvugizi w'Ingabo zo mu burundi Brig Gen Gaspard BARATUZA
Ku wa 11 Ugushyingo 2025, Umuvugizi w’Ingabo z’u Burundi, Brig Gen Gaspard Baratuza, yemereye itangazamakuru ko hari inzira zafunzwe zigana Minembwe, asobanura ko byakozwe mu rwego rwo kurinda umujyi wa Uvira.

Yavuze ko izi ngamba zari zigamije gukumira abashobora gukorana n’imitwe ifatwa nk’iyitwaje intwaro, agaragaza ko ari ingamba z’umutekano.


Icyakora, Minisitiri w’Ubutabera w’u Burundi yabwiye urukiko ko Leta yabo itemera ibyaha ishinjwa kandi ko izatanga ibisobanuro byayo imbere y’ubutabera.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (OCHA) ryagaragaje ko hari imbogamizi zikomeye mu kugeza ubufasha ku batuye muri Minembwe no mu bice bihana imbibi.

Raporo yaryo ivuga ko gufungwa kw’inzira byatumye ubufasha butagerayo, ibiciro by’ibiribwa bikazamuka cyane, ndetse hakiyongera impfu z’abana bato bari munsi y’imyaka itanu.

Urubanza rwatanzwe mu rukiko rwa East African Court of Justice (EACJ), rukorera mu rwego rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Uru rukiko rufite inshingano zo gukurikirana niba ibihugu bigize uyu muryango byubahiriza amategeko n’amahame yawo.

Nirumara kwakira ibimenyetso by’impande zombi, ruzagena niba hari amategeko yarenzwe n’ingaruka zishobora gukurikira.

Iki kirego gishobora kuba kimwe mu birego bikomeye bireba uruhare rw’ibihugu byo mu karere mu mutekano wa Kivu y’Amajyepfo. Mu gihe impande zombi zikomeje gutegura ibisobanuro n’ibimenyetso bizashyikirizwa urukiko, abaturage bo muri Minembwe n’ahandi bibasiwe bakomeje guhura n’ingaruka z’imibereho mibi n’umutekano mucye.

Abanyamulenge, Burundi, EACJ, Kivu y’Amajyepfo, Minembwe, RDC, East African Court of Justice, Ubutabera, Politiki ya Afurika, IMIHIGO NEWS

Urukiko rwa EAC ruzagena icyerekezo cy’uru rubanza mu minsi iri imbere.

 

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153