Mu murenge wa Kigali, Nyarugenge, inkongi y’umuriro yibasiye urugo rwo mu kagari ka Nyabugogo aho abana batatu muri bane bari mu nzu barapfa, abandi barakizwa. Umuriro wagendaga ugaruka ku mugoroba.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri itariki ya 3 Gashyantare 2026, mu murenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge inkongi y’umuriro yibasiye urugo rw’umuturage wo mu kagari ka Nyabugogo, abana batatu muri bane bari mu nzu barapfa, abandi baratabarwa. Umuriro watangiye ubwo umuriro w’amashanyarazi n’ijoro wagendaga ukongera ukagaruka.
Abaturanyi bavuga ko umuriro watangiye hafi ya saa kumi n’imwe
z’umugoroba, aho waburaga ugaruka byahato na hato. Bamwe mu baturanyi bagize
bati: “Twumvise ibintu byahitaga n’umuriro wakaga cyane mu nzu twahise twihutira
guhamagara abashinzwe umuriro ariko nimero yabo iratunanira pe.”
Abashinzwe umuriro n’abashinzwe ubutabazi bageze ku rugo batinze
basanga abana batatu bari mu nzu bishwe n’umuriro bitabye Imana. Umwe mu bagize
urugo babwiye itangazamakuru ati: “Twabuze uko twabirinda, twabuze igihe cyo
kubarokora,nabo twahamagaye banze kwitaba terephone yabo.”
Umuvugizi w’akarere ka Nyarugenge yavuze ati:
“Ni inkongi yatewe n’uko umuriro w’amashanyarazi wagendaga ubura ukagaruka, turashishikariza abaturiye aho gukoresha uburyo bwizewe bwo gucana amashanyarazi no gukurikiza amabwiriza y’umutekano.”
Abaturage basabwe gukomeza kugenzura amashanyarazi bakoresheje
ibikoresho byizewe kandi bagafata ingamba zo kwirinda inkongi. Abashinzwe
umutekano n’ubutabazi bakomeje gukurikirana ibibera mu karere hagamijwe
kwirinda ibindi byago.
IMIHIGO NEWS|Ibikorwaremezo



0 Comments
Imihigonews