![]() |
| Source: EAR DIOCESE BYUMBA urukuta rwa X |
EAR Diocese ya Byumba, abayobozi b’inzego z’ibanze, inzego z’umutekano ndetse n’abaturage benshi bitabiriye igikorwa cya Run with RWANDA 2026 cyabereye Kibali ku wa 25 Nyakanga 2026, aho hanatanzwe ubutumwa bwo kurwanya ubusinzi n’ibiyobyabwenge.
Iki gikorwa cyahuje abayobozi b’amadini, inzego zitandukanye
n’abaturage mu rwego rwo guteza imbere siporo, ubuzima bwiza ndetse no
gushishikariza abantu kugira uruhare mu gukumira ibibazo byugarije umuryango
nyarwanda.
Muri Run with RWANDA 2026, abitabiriye bakoze isiganwa ryo
kwiruka, ariko hanabaye ibiganiro byibanze ku ngaruka z’ubusinzi n’ikoreshwa
ry’ibiyobyabwenge, bikangurira abaturage kubyirinda no kurinda urubyiruko
kubigwamo.
Abitabiriye iki gikorwa bagaragaje ko siporo ari uburyo bwo
guteza imbere imibereho myiza, guhuza abantu ndetse no gutanga ubutumwa bufasha
abaturage kugira ubuzima bwiza n’imyitwarire myiza.
Igikorwa cyitabiriwe n’Umwepisikopi wa EAR Diocese ya Byumba Bishop
Emmanuel Ngendahayo. abayobozi b’inzego z’ibanze, inzego z’umutekano
n’abaturage, cyabaye umwanya wo kongera ubufatanye mu gukemura ibibazo
bibangamiye imibereho y’abaturage.
Imihigonews

0 Comments
Imihigonews