![]() |
| Umusaruro w'ibyoherezwa mu mahanga 13-17 Nyakanga 2026 |
Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu kongera umusaruro woherezwa ku masoko mpuzamahanga, imibare mishya yatangajwe n'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB) igaragaza ko mu cyumweru kimwe gusa, igihugu cyinjije arenga miliyari 14,17 Frw avuye mu bicuruzwa bitandukanye byoherejwe hanze.
Amakuru dukesha ikinyamakuru Igihe agaragaza ko raporo y’Ikigo
cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (NAEB) yerekana ko
hagati ya tariki ya 13 na 17 Nyakanga 2026, u Rwanda rwohereje ku masoko
mpuzamahanga toni 9.521 z’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, byinjije miliyoni
zisaga 9,63 z’Amadolari ya Amerika, angana n’amafaranga y’u Rwanda arenga
miliyari 14,17.
Ibicuruzwa byoherejwe birimo ibikomoka ku matungo, ikawa,
icyayi, imboga, imbuto, indabo n'ibindi bicuruzwa by'ubuhinzi bikomeje gufasha
igihugu kubona amadovize no kwagura isoko ryabyo mu mahanga.
Mu mibare yatangajwe na NAEB, ibikomoka ku matungo ni byo
byabaye ku isonga mu kwinjiriza igihugu amafaranga menshi muri icyo cyumweru.
Toni 5.843 zoherejwe ku masoko atandukanye, cyane cyane ayo muri Afurika,
zinjije miliyoni 2,74 z'Amadolari ya Amerika.
Icyayi na cyo cyakomeje kwitwara neza ku isoko mpuzamahanga, aho
toni 1.823 zoherejwe hanze zinjije miliyoni 2,68 z'Amadolari, mu gihe ikawa y'u
Rwanda, izwiho ubuziranenge ku rwego mpuzamahanga, yinjije miliyoni 2,42
z'Amadolari nyuma yo kohereza toni 313.
Ibi byiciro bitatu byonyine byinjirije igihugu hafi miliyoni
7,84 z'Amadolari, bikomeza kugaragaza uruhare rwabyo mu kongera amadovize
yinjira mu gihugu.
Ku ruhande rw'imboga, toni 814 zoherejwe ku masoko yo mu
Bwongereza, Buholandi, Buhinde, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu (UAE) ndetse no mu
bihugu bitandukanye bya Afurika, zinjije ibihumbi 757,4 by'Amadolari.
Hari kandi n'ibindi bicuruzwa by'ubuhinzi bipima toni 386
byoherejwe hanze, byinjije ibihumbi 647,9 by'Amadolari, bikaba byagejejwe ku
masoko arimo Bangladesh, UAE n'ibihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika.
Imbuto na zo zakomeje kwinjiriza igihugu amafaranga, aho toni
336 zoherejwe ku isoko mpuzamahanga zinjije ibihumbi 350,7 by'Amadolari, mu
gihe indabo, nubwo ari zo zoherejwe mu bwinshi buke, zageze ku masoko yo mu
Buholandi no mu Bwongereza, zinjiza amadolari arenga 41.000.
Abasesenguzi mu bukungu bagaragaza ko gukomeza kwiyongera
kw'ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga ari kimwe mu bifasha u Rwanda kongera
amadovize no kugabanya icyuho kiri hagati y'ibitumizwa mu mahanga
n'ibyoherezwayo.
By'umwihariko, kuba ibikomoka ku matungo byaraje imbere mu
kwinjiriza igihugu amafaranga muri iki cyumweru bigaragaza ko urwego
rw'ubworozi rugenda rwagura isoko rwarwo ku rwego mpuzamahanga, mu gihe ikawa
n'icyayi bikomeje kuba inkingi z'ubukungu bw'u Rwanda.
Imibare ya NAEB yerekana ko u Rwanda rukomeje kwagura isoko
ry'ibicuruzwa byarwo hanze y'igihugu, ibintu bifasha kongera amafaranga yinjira
mu bukungu bw'igihugu no guteza imbere abahinzi n'aborozi. Gukomeza kongera
ubuziranenge bw'ibicuruzwa no gushaka amasoko mashya bikomeje kuba imwe mu
ntego zafasha u Rwanda kongera umusaruro woherezwa ku isoko mpuzamahanga no
kuzamura inyungu ziva mu rwego rw'ubuhinzi n'ubworozi.
IMIHIGONEWS.RW

0 Comments
Imihigonews