-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

RWANDA: Imyumvire ishingiye ku gitsina cy’abana ikomeje guteza ihohoterwa rikorerwa abagore mu turere Nyaruguru,Gakenye,Gatsibo,Bugesera.....


N’ubwo u Rwanda rumaze imyaka myinshi rushyira imbere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, mu bice bimwe by’igihugu haracyagaragara imyumvire ishingiye ku muco ishobora guteza ihohoterwa rishingiye ku gitsina, aho abagore babyaye abana b’igitsina kimwe, cyane cyane abakobwa, bagihura n’ivangura, gusuzugurwa no guhezwa mu miryango yabo.

Ubushakashatsi bwakozwe n’itangazamakuru ryacu mu turere twa Nyaruguru, Gakenke,Gatsibo na Bugesera bugaragaza ko nubwo amategeko ahari arengera uburenganzira bw’umugore n’umwana, imyumvire ya bamwe mu baturage ikigaragara nk’imbogamizi ikomeye mu kubaka imiryango itekanye. Hari abagore bavuga ko babayeho mu buzima bwuzuyemo intimba, ihohoterwa n’ipfunwe bazira igitsina cy’abana babyaye.

“Bambwiraga ko ndi umuvumo w’umuryango kuko ntabyaye umuhungu” Mukandoli Immaculée w’imyaka 52, utuye mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, ni umubyeyi w’abakobwa bane. Avuga ko ubuzima bwe bwahindutse umusaraba nyuma yo kubyara umwana wa kane bose ari abakobwa.

Ati:“Nyuma yo kubyara umwana wa kane, umugabo yatangiye kunsuzugura ku mugaragaro. Yabwiraga abaturanyi ko ndi umuvumo, ko namugize igicibwa. Ibyo byakurikiwe no kunsiga ajya gushaka undi mugore.”

Mukandoli avuga ko yaje kwiyubaka abifashijwemo n’inzego z’ubuyobozi n’imiryango iharanira uburenganzira bw’abagore, ariko agaragaza ko mu baturanyi be hari abagore benshi bagihohoterwa bakicecekera.

Ati:“Hari abagore bamaze imyaka myinshi mu ihohoterwa ariko bagahitamo guceceka ngo bitamenyekana, batinya gusenya urugo.”

Abakobwa bafatwa nk’umuzigo mu muryango

Mu Kagari ka Rutake, Umurenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke, ikibazo ntikigarukira ku bagore gusa, ahubwo kigera no ku bana b’abakobwa.

Nyiransabimana Odette w’imyaka 19 avuga ko yahagaritswe amashuri nyuma yo kurangiza icyiciro rusange.

Ati:“Papa yavuze ko ntakwiriye guta igihe mu mashuri, ko atapfusha amafaranga umwana w’umukobwa uzashakana akajya gufasha undi muryango. Musaza wanjye we yamwemereye kumwishyurira amashuri yose kuko ari we uzasigarana izina ry’umuryango.”

Nyiransabimana avuga ko ibi byamuteye kwiheba no kwiheza, yumva nta gaciro afite mu muryango akomokamo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivuruga, Mukeshimana Alice, yemeza ko iki kibazo kigihari.

Ati:“Imyumvire ishaje iracyagaragara mu baturage, cyane cyane mu byaro. Turafatanya n’abafatanyabikorwa mu biganiro bigamije kuyihindura.”

Kutabyara umuhungu bifatwa nko kubura umuragwa

Mu Murenge wa Mayange, mu Karere ka Bugesera, ihohoterwa rifata indi shusho yo gusuzugurwa no kwirukanwa mu muryango mugari.

Uwimana Vestine w’imyaka 34, wabyaye abakobwa batatu, avuga ko yameneshejwe bavuga ko yaje “guca umuryango”.

Ati:“Bambwiraga ko nzasaza ntawe unyitaho, ko nta muragwa w’imitungo ya se uhari. Ibi byanteye guhezwa no kwirukanwa mu rugo namazemo imyaka 15.”

Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere ry’Uburinganire (GMO) mu Ntara y’Iburasirazuba avuga ko hakomeje gushyirwa imbaraga mu bukangurambaga.

Ati:“Ihohoterwa rishingiye ku gitsina riterwa n’imyumvire, kandi imyumvire ihindurwa n’uburezi, ibiganiro n’ubufatanye bw’inzego zose.”

Abahanga mu by’imibanire bagaragaza ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina cy’abana rifite imizi mu myumvire y’umuco ushyira imbere umuhungu nk’umuragwa, ubumenyi buke ku ruhare rwa se mu kugena igitsina cy’umwana, ndetse n’ubusumbane mu burezi.

Nubwo u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, urugendo rwo guhindura imyumvire ruracyari rurerure. Mu gihe igitsina cy’umwana kigifashishwa nk’intwaro yo guhohotera umugore, urugamba rwo kubaka umuryango utekanye kandi uhamye rurakomeza.


imihigonews| IMIHIGO NEWS


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153