![]() |
| Uyu muturage yahawe sheke itariho amafaranga n'umuyobozi mukuru Mwiperereza (Burundi) |
Umuyobozi Mukuru ushinzwe iperereza mu Burundi arashinjwa n’umuturage kumuha sheke itazigamwe ingana na miliyoni 150 z’amafaranga y’u Burundi, nyuma y’uko uwo muturage agurishije isambu ye agamije kubona amafaranga yo kwivuza indwara yatumye agira ubumuga. Iki kibazo cyagejejwe kuri Perezida w’u Burundi, Gen. Évariste Ndayishimiye, watanze iminsi irindwi ngo kibe cyakemutse, mu kiganiro cyabereye i Muramvya ku wa 26 Ukuboza 2025.
Iki kibazo cyagarutsweho mu kiganiro rusange Perezida w’u
Burundi yagiranye n’abaturage mu Ntara ya Muramvya, ahazwi nka State ya
Royal, igikorwa kiri mu biganiro Perezida akunze kugirana n’abaturage
agamije kumva ibibazo byabo no kubikemura byihuse.
Umuturage wavuze muri iki kiganiro yavuze ko yagize ikibazo
cy’uburwayi cyamuviriyemo ubumuga, bimusaba kujya kwivuza hanze y’igihugu.
Kubera kubura ubushobozi, yafashe icyemezo cyo kugurisha isambu ye, ayigura
umwe mu bayobozi bakuru mu nzego z’umutekano, amuha sheke ingana na miliyoni
150 FBu.
Uyu muturage yavuze ko amaze kugerageza kubikuza ayo mafaranga
inshuro nyinshi, ariko sheke ikagaragara ko itazigamwe, bikamutera ibibazo
bikomeye by’ubukungu n’ubuzima.
![]() |
| H.E Gen Evariste NDAYISHIMIYE Umukuru w'Igihugu cy'Uburundi |
Perezida Ndayishimiye, umaze kumva iki kibazo, yahise ategeka uwo muyobozi wavuzweho gukemura ikibazo mu gihe kitarenze iminsi irindwi, ashimangira ko akarengane gakorerwa abaturage n’abayobozi bakuru katihanganirwa.
Iki kibazo cyongeye kugaragaza impungenge abaturage b’u Burundi
bagaragaza ku akarengane gashobora gukorerwa abaturage n’abayobozi bakuru,
ndetse n’icyizere abaturage batangiye gushyira mu biganiro Perezida agirana na
bo nk’inzira yo kubona ubutabera.
Abasesenguzi bavuga ko ishyirwa mu bikorwa ry’iyi myanzuro
rizaba ikigereranyo cy’ubushake bwa Leta mu kurwanya akarengane, cyane cyane mu
nzego zifite ububasha bukomeye.
![]() |
| Umurongo w'Abaturage wifuzaga kubaza perezida w'uburundi cyane cyane ibibazo byakarengane |
Imihigo News

.jpg)

0 Comments
Imihigonews