![]() |
| Kakooza Henry wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Huye, yagizwe Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyagatare (Igihe photo) |
Kakooza Henry wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Huye, yagizwe Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyagatare, asimbuye Gasana Karasanyi Stephen uherutse kwemezwa nk’Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango FPR-Inkotanyi.
Ihererekanyabubasha hagati ya Gasana Karasanyi Stephen na
Kakooza Henry ryabaye ku wa 21 Ukuboza 2025, mu muhango wabereye mu Karere ka
Nyagatare, uyoborwa na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa,
witabirwa n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye.
Kakooza Henry yashyizwe ku buyobozi bw’Agateganyo bw’Akarere ka
Nyagatare mu gihe Gasana Karasanyi Stephen yari amaze kwemezwa n’Inama Nkuru ya
17 y’Umuryango FPR-Inkotanyi nk’Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’uyu muryango
wa Politiki.
Kakooza Henry azwi cyane mu buyobozi bw’inzego z’ibanze, cyane
cyane mu Karere ka Rwamagana, aho yamaze imyaka irenga icyenda ari
Umunyamabanga Nshingwabikorwa. Tariki ya 14 Ukuboza 2023 ni bwo yimuriwe mu
Karere ka Huye, ari na ho yari akiri muri izi nshingano mbere yo guhabwa
kuyobora Akarere ka Nyagatare by’agateganyo.
Mbere yo kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa, Kakooza Henry
yakoreye Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), aho yakoreraga mu Ntara
y’Iburasirazuba ashinzwe ishyirwa mu bikorwa rya gahunda ya kabiri
y’imbaturabukungu igamije kurwanya ubukene (EDPRS II).
Ku rundi ruhande, Gasana Karasanyi Stephen usezeye ku buyobozi
bw’Akarere ka Nyagatare, yemejwe nk’Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango
FPR-Inkotanyi mu Nama Nkuru ya 17 yabaye vuba aha. Muri iyo nama, hemejwe
umushinga wo kuvugurura amategeko agenga umuryango, imiterere ya Komite Nyobozi
n’inshingano z’abayigize.
Abemejwe muri Komite Nyobozi nshya barimo Uwimana Consolée
wagizwe Visi Perezida wa mbere, Kayisire Marie Solange wagizwe Visi Perezida wa
kabiri, Bazivamo Christophe wagizwe Umunyamabanga Mukuru, ndetse na Gasana
Karasanyi Stephen wagizwe Umunyamabanga Mukuru Wungirije.
Gasana Stephen yari yatangiye kuyobora Akarere ka Nyagatare mu
mpera z’umwaka wa 2021, aho yagejeje aka karere ku mwanya wa mbere mu mihigo
y’umwaka wa 2021/2022. Yize amategeko muri Kaminuza y’u Rwanda.
Izi mpinduka mu buyobozi zigaragaza icyizere inzego z’igihugu n’umuryango
FPR-Inkotanyi bakomeje kugirira abayobozi bafite ubunararibonye mu miyoborere,
mu ntego zo gukomeza guteza imbere imiyoborere myiza n’iterambere ry’igihugu.

0 Comments
Imihigonews