Perezida w’u Burundi, Général Évariste Ndayishimiye, yavuze ko
igihugu gisoje umwaka wa 2025 gifite impungenge z’umutekano zituruka ku mubano
utifashe neza n’umwe mu baturanyi, ashimangira ko Uburundi ari igihugu cyigenga
kandi kidakwiye gufatwa nk’ikirengagizwa.
Ibi yabigarutseho ku wa Gatanu, tariki ya 19 Ukuboza 2025, mu
mujyi wa Gitega, mu birori byo kwifurizanya umwaka mushya n’inzego z’umutekano
n’iz’igisirikare, aho yatanze ubutumwa burebana n’umutekano w’igihugu n’uko
Uburundi bwiteguye kwirwanaho.
Mu ijambo rye ryo gusoza umwaka no gutangaza muri rusange uko umwaka urangiye Igihugu cy'uburindi kigeze haba mu bukungu,Ubuzima,Uburezi,Ubutabera ndetse n'Imibanire y'Ibindi bihugu bihana imbibi n'iki gihugu, Perezida Ndayishimiye Evariste yavuze ko hari umubanyi
igihugu kitabanye neza na cyo, avuga ko hari ibikorwa Uburundi bubona nk’ibidahesha
agaciro ubwigenge bwabwo kandi bugomba kwigwanirira uko byagenda kose.
Yagize ati:“Uburundi ni igihugu kidakinishwa. Uwuzohirahira agatera igihugu cacu, azomenya ingene atanguye iyo ntambara ariko ntazomenya ingene izohera.”
Yakomeje avuga ko Uburundi butazigera bwemera guhohoterwa
cyangwa guterwa ubwoba, ashimangira ko igihugu gifite ubushobozi bwo
kwirindira umutekano no kurinda ubusugire bwacyo.
N'ubwo atigeze avuga ku izina ry’igihugu runaka, amagambo ye
yafashwe n’abasesenguzi nk’agaragaza ukutumvikana gukomeje kugaragara mu
mubano w’u Burundi n’igihugu cy’u Rwanda, umubano umaze igihe urimo umwuka
mubi.
Perezida Ndayishimiye yavuze ko nubwo hari izo mpungenge,
Uburundi bukomeje gushyigikira inzira za dipolomasi, ariko ko
budashobora kwihanganira ibikorwa bwita ko bishobora guhungabanya umutekano
wabwo.
Abasesenguzi mu by’umutekano n’umubano mpuzamahanga bavuga ko
amagambo ya Perezida agaragaza impungenge igihugu gifite ku mutekano wacyo,
ariko bakibutsa ko ibiganiro n’ubufatanye bwa dipolomasi ari byo
byakomeza gutanga ibisubizo birambye mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Ubutumwa bwa Perezida Ndayishimiye bugaragaza ko Uburundi
bwinjiye mu mwaka wa 2026 bufite icyerekezo cyo kurinda umutekano wabwo, mu
gihe bukomeza gushimangira ko ubwigenge bw’igihugu butagomba guhezwa, ariko ko
amahoro n’imibanire myiza bikwiye gukomeza gushyirwa imbere.

0 Comments
Imihigonews