![]() |
| FOTO: https://www.burera.gov.rw/soma-ibindi/magendu-idindiza-iterambere-ryuyikora-nigihugu-tuyirinde-kandi-dufatanye-kuyirwanya |
Mu Rwanda, itegeko rihana magendu n’inyerezwa ry’umusoro rigaragaza ko umuntu wese ugambiriye guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi aba akoze icyaha gihanwa n’amategeko, kikagira ingaruka ku gihugu, ku muryango ndetse no ku wagikoze.
Magendu ikomeje kugarukwaho nk’imwe mu mbogamizi z’iterambere
ry’igihugu, cyane cyane bitewe n’uko igira ingaruka ku misoro igihugu
gishingiraho mu kubaka ibikorwaremezo no guteza imbere imibereho y’abaturage.
N'ubwo bamwe mu bayigizemo uruhare baba bayifata nk’inzira yo gushaka inyungu,
amategeko y’u Rwanda ayifata nk’icyaha gikomeye, kigahanwa bikomeye kandi
kigatuma uwagikoze ahomba aho kunguka.
Iyi nkuru ishingiye ku mategeko, ku busobanuro bw’ingaruka za
magendu ndetse no ku buhamya bw’umuntu wabigiyemo igihe kirekire, igamije
gukangurira abaturage kwirinda no kurwanya magendu.
Magendu isobanurwa n’itegeko nk’icyaha,
Ingingo ya 87 y’Itegeko No 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo
bw’isoresha, iteganya ko umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro, agahisha
ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi, aba akoze
icyaha cyo kunyereza umusoro.
Iri tegeko rigaragaza ko iyo umuntu ahamijwe n’urukiko icyaha
cyo kunyereza umusoro binyuze muri magendu, ahanishwa igifungo kitari munsi
y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5), atitaye ku byo yabikoze
agamije.
Ibi bigaragaza ko magendu atari ikosa ryoroshye, ahubwo ari
icyaha gifite ingaruka zikomeye ku bukungu bw’igihugu.
Ingaruka za magendu ku iterambere ry’igihugu,
Abasesenguzi mu by’ubukungu bavuga ko magendu idindiza iterambere ry’igihugu
bitewe n’uko ibicuruzwa byinjizwa mu gihugu bidasorewe, bigatuma Leta itabona
amikoro yagombaga gukoreshwa mu bikorwa by’iterambere.
Amafaranga ava mu misoro akoreshwa mu kubaka no gusana
ibikorwaremezo birimo imihanda, amashuri, ibitaro n’amavuriro, kugeza
amashanyarazi n’amazi meza ku baturage, ndetse no gushyigikira izindi gahunda
z’iterambere.
Umuntu ukora magendu, aba agabanyije ubushobozi bw’igihugu bwo
kwiteza imbere, bityo ibikorwa bye bikagira ingaruka si kuri we gusa, ahubwo no
ku baturage muri rusange.
Magendu igira ingaruka ku wagikoze n’umuryango we,
Uretse ingaruka ku gihugu, magendu igira n’ingaruka zikomeye ku muntu uyikoze
n’umuryango we. Ubusanzwe, iyo umuntu afatiwe muri magendu, abanza gusorera
ibicuruzwa bye, akishyura amande, ndetse hari n’abafungwa.
Ibi bituma uwari agamije gushaka inyungu ahombera rimwe,
akanahura n’ingaruka zirimo igihombo cy’amafaranga, gufungwa, no gutakaza
icyizere cy’abamuzi.
Iyo uwafashwe afunzwe cyangwa aciwe amande akomeye, imiryango
yabo ihura n’ingorane zirimo kubura icyo itunga abana, kudashobora kwivuza no
guhagarara kw’indi mishinga y’iterambere.
Ubuhamya: “Nakoze magendu imyaka irenga icumi ariko nta nyungu
nabonye”
Murekatete Julienne, umudamu wubatse ufite umugabo n’abana
babiri, atuye mu Murenge wa Cyanika, Akagari ka Kamanyana, mu Karere ka Burera,
atanga ubuhamya bwe ku buzima yabayemo akora magendu.
Avuga ko yakoze magendu mu gihe cy’imyaka itari munsi y’icumi,
ayikura muri Uganda aho yaranguraga ibicuruzwa bitandukanye, akabizana mu
Rwanda mu buryo bwihishe atanyuze ku mupaka wa Cyanika, kandi atabisoreye.
Yagize ati: “Twagendaga dukebera, tuba twizeye ko inzego
z’umutekano zitari aho tunyura. Byageze aho mfata abandi bantu mbagira abakozi
banjye, tugenda nijoro tugenda no kugaruka mu bwoba bwinshi.”
Murekatete avuga ko icyo gikorwa atigeze agicyungukiramo, ahubwo
cyamuzaniye imibabaro irimo gukobitwa n’imbeho y’igicuku, guhora mu bwoba bwo
gufatwa, kugeza aho yafatiwe akajyanwa muri Tranziti Senta.
Avuga ko ubwo yamaze gufatwa, yahise asobanukirwa ko magendu
atari inzira y’iterambere, ahubwo ari intandaro y’igihombo n’akaga.
Magendu ni icyaha gihanwa n’amategeko kandi kigira ingaruka
zikomeye ku iterambere ry’igihugu, ku mibereho y’imiryango ndetse no ku buzima
bw’uyigizemo uruhare. Nubwo bamwe bayifata nk’inzira yoroshye yo gushaka
inyungu, amategeko n’ubuhamya bw’abayikoze bigaragaza ko ari igikorwa gihombya
kurusha uko cyunguka.
Abayobozi n’inzego zishinzwe umutekano bakomeje gushishikariza
abaturage kwirinda magendu no kuyirwanya, bagakorera ubucuruzi mu buryo bwemewe
n’amategeko, bityo bakagira uruhare mu guteza imbere igihugu n’imibereho myiza
y’abaturage.
cc: https://www.burera.gov.rw/soma-ibindi/magendu-idindiza-iterambere-ryuyikora-nigihugu-tuyirinde-kandi-dufatanye-kuyirwanya

0 Comments
Imihigonews