-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Abanyeshuri 35,000 ba Kaminuza bahujwe na Airtel Money: Intambwe ikomeye mu gukuraho imirongo ya banki no guteza imbere uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga

Minuza Festival: Abanyeshuri basobanuriwe ubufatanye bushya bwa BRD na Airtel Rwanda mu kunoza serivisi z’abanyeshuri

Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda barenga 35,000 ubu bashobora kubona amafaranga yabo, kuyishyura no kuyacunga mu buryo bwa cashless badaciye kuri banki, nyuma yo guhuza konti zabo na Airtel Money mu mushinga wa Minuza Festival, wakorewe ku rwego rw’igihugu hagamijwe kunoza serivisi z’uburezi.
Abanyeshuri bakoresha inguzanyo n’inkunga za BRD bari basanzwe banyura muri banki kugira ngo babone amafaranga yo kubatunga, kwishyura ibikoresho by’ishuri, ibya buri munsi cyangwa serivisi zishobora gutwara amafaranga yihariye.
Urugero rwamapaki mishya:

  • 100 Frw = iminota 100
  • 200 Frw = iminota 350 (ikoreshwa mu minsi 2)
  • Ku Cyumweru: iminota 1.000 (800 kuri Airtel, 200 ku zindi mirongo)
Kongera imyumvire ku ikoreshwa rya cashless – Kwigisha urubyiruko isoko y’ejo hazaza mu micungire y’imari.
Kunoza imiyoborere ya BRD n’inzego z’uburezi – Kuko amakuru yose y’umunyeshuri atangwa mu gihe gito.
Kugabanya ubujura n’amafuti ajyanye n’itangwa ry’amafaranga – Binyujijwe mu ikoranabuhanga ritekanye.
Guhuza konti za banki z’abanyeshuri barenga 35,000 na Airtel Money si gahunda yo koroshya ubuzima gusa, ahubwo ni intangiriro yo kubaka uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, butuma umunyeshuri yiga yibanda ku ntego z’amasomo ye.

Imirongo miremire kuri za banki, gutakaza amasaha yo gushaka serivisi za BRD cyangwa kwishyura amafaranga yo kubikuza byari zimwe mu mbogamizi mu buzima bwa buri munsi bw’abanyeshuri babarirwa mu bihumbi. Ubu ibyo biri mu mateka nyuma y’uko BRD n’abafatanyabikorwa bayo, by’umwihariko Airtel Rwanda, batangije uburyo bushya buhuza konti za banki z’abanyeshuri na Airtel Money.


Ni intambwe itari icyo kubona amafaranga gusa; ni impinduka y’imibereho, kunozwa kwa serivisi z’uburezi, ndetse no kongererwa ubushobozi ku munyeshuri wifuza kwiga ataruhijwe n’imbogamizi z’imicungire y’amafaranga.

Ibi byatangarijwe mu birori bya Minuza Festival byabereye muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, ku wa 6 Ukuboza 2025, byitabiriwe n’inzego z’uburezi, ikoranabuhanga ndetse n’abanyeshuri ubwabo bagaragaje uko iyi serivisi nshya igiye guhindura ubuzima bwabo.


Gukoresha Airtel Money nk’iyinjizabwishyu ku buryo bwemewe na BRD byakuyeho imbogamizi eshatu zikomeye:

Umuyobozi w’Ishami ry’Uburezi muri BRD, Bwana Wilson Rurangwa, yagaragaje ko umubare w’abanyeshuri basabaga serivisi kuri BRD wavuye ku barenga 300 ku kwezi kugeza ku bantu babiri cyangwa batatu gusa. Ibi bituruka ku kuba ibikorwa byinshi byimuriwe mu ikoranabuhanga ritagombera urugendo.

Airtel Rwanda yamuritse gahunda igabanya—kandi ahandi ikavanaho—ikiguzi cyo kubikuza ku nguzanyo n’inkunga z’abanyeshuri, cyane cyane kuri serivisi eshatu za mbere zishyurwa n’umunyeshuri.

Guhuza konti ku buryo bw’ikoranabuhanga bituma umunyeshuri ashobora kubona amafaranga ye ako kanya, akayakoresha kuri serivisi nyinshi zirimo kugura amafunguro, kwishyura amafotokopi, ibikoresho by’ishuri, internet n’ibindi byose bihurira mu buzima bwa campus.

Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri Airtel Rwanda, Bwana John Magara Gahakwa, yagaragaje ko igitekerezo cyatangiriye ku ntego yo gutuma umunyeshuri w’Umunyarwanda abasha kwiga yoroshye.

Yagize ati:“Twaje hano kubakangurira uburenganzira bwo guhuza konti zabo na Airtel Money. Bizabafasha kubona amafaranga yabo ako kanya, kandi imirimo itatu ibanza yo kwishyura ni ubuntu.”

Airtel yanamuritse amapaki ya “Ikokinge”, Izwiho gutanga iminota myinshi ku giciro gito, agamije gufasha abanyeshuri kuguma ku murongo wa interineti no kugera ku bakunzi babo, ababyeyi n’inshuti mu buryo bubahendukiye.

Aya mapaki ni kimwe mu bikurura cyane urubyiruko rukenera serivisi z’itumanaho mu gihe cy’amasomo, ubushakashatsi cyangwa imibanire.

Minuza Festival si ugutanga serivisi gusa, ahubwo ni umwanya wo guhuza NIDA, HEC, NESA, BRD, Airtel Rwanda n’abanyeshuri kugira ngo amakuru yose ajyanye n’imyirondoro, inguzanyo, kwiyandikisha n’indi mirimo ikenerwa mu burezi aboneke ku gihe.

Ibi byatumye n’abanyeshuri basanzwe bahura n’ibibazo by’amazina, imyirondoro idahuye, cyangwa kutabona serivisi ku gihe babashije kubikemura uwo munsi, batagombye kujya i Kigali cyangwa abandi mu ntara.

Iyi gahunda ije mu gihe u Rwanda ruri gushyira imbere uburezi burimo ikoranabuhanga, gukoresha serivisi zishyurwa hifashishijwe telefoni, no kugabanya ibiro bya serivisi abaturage bajyagamo ku bwinshi.

Ingaruka zikomeye ku burezi:

Kwimakaza uburezi budahungabanywa n’imihihibikano y’amafaranga – Umwarimu n’umunyeshuri barushaho kwibanda ku masomo.

Umuyobozi w’Itumanaho muri Kaminuza y’u Rwanda, Ignatius R. Kabagambe, yashimye cyane iri terambere, agira ati:“Ibi biradufasha cyane. Akenshi duhura n’ibibazo bijyanye no kwiyandikisha, amazina, inguzanyo n’ibindi bibazo bigaragara cyane ko bigirwa n’abanyeshuri. Turashimira Airtel Rwanda ku gikorwa cyayo cyatumye abanyeshuri babona serivisi ku buntu.”

 

Abanyeshuri bitabiriye Minuza Festival bongeyeho ko iyi gahunda izana umucyo mushya mu micungire y’amafaranga yabo. Bamwe bagaragaje ko byakoraga umutekano muke kuba batakereza ko amafaranga ari kuri banki ariko kubona yo bikabasaba umwanya utari muto.

Umwe muri bo yagize ati:

“Nari nsanzwe ntakaza amasaha menshi kuri banki, rimwe na rimwe nkahura n’ikibazo cyo gukererwa amasomo. Ubu ndabikuza mu minota ibiri ntavuye aho ndi.”

Mu gihe abashinzwe imyidagaduro barimo Riderman, Kevin Kade, Ruti Joel, MC Buryohe, Miss Muyango Claudine na DJ Brianne bataramaga abanyeshuri, ubushake bwo kwiyumvamo irihema ryo kuba u Rwanda ruri gutera imbere mu ikoranabuhanga bwari ku rwego rwo hejuru.

BRD, Airtel Rwanda n’inzego z’uburezi zagaragaje ko umunyeshuri ari ku isonga. Iyi gahunda ifunguje amarembo y’impinduka zidasanzwe: gukemura imbogamizi z’amakuru, kurinda umwanya wabo, no kubaha uburyo bwizewe bwo gukoresha amafaranga.

Mu gihe iyi gahunda igiye gukwirakwizwa no ku yandi mashami ya Kaminuza y'u Rwanda, biragaragara ko Minuza Festival yahinduye uburyo igihugu cyafashaga abanyeshuri, kikabashyira ku murongo w’ahazaza hakoresha ikoranabuhanga mu micungire y’ubuzima bwabo bwose.

 
www.imihigonews.rw/


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153