
Ahabereye impanuka y’umugabo waguye mu mwobo wahoze ari ubwiherero mu Murenge wa Sake, Ngoma
Umugabo w’imyaka 50 wari usanzwe akusanya imisoro mu Murenge wa
Sake yapfiriye mu mwobo wahoze ari ubwiherero, mu gihe umukobwa bari bari kumwe
yajyanywe kuvurirwa mu bitaro bya Kibungo.
Mu ijoro rishyira ku wa 26 Ukuboza 2025, mu Kagari ka Nkanga,
Umurenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, umugabo wari uri kumwe n’umukobwa baguye
mu mwobo wahoze ari ubwiherero, umugabo ahita apfa, mu gihe umukobwa yajyanywe
mu bitaro bya Kibungo kugira ngo yitabweho n’abaganga.
Aya makuru yemejwe n’abaturage bo muri aka gace bavuze ko
impanuka yabaye nyuma y’uko aba bombi batahutse bavuye mu kabari, aho bikekwa
ko batabonye neza aho banyura, bikabaviramo kugwa mu rwobo rurerure rwari
rwarahoze ari ubwiherero.
Amakuru IMIHIGO NEWS yamenye avuga ko uyu mugabo wari wapfuye
yari afite imyaka 50, akaba yari asanzwe akora akazi ko gukusanya imisoro mu
Murenge wa Sake. Abaturage bavuga ko yari azwi muri ako gace, kandi yari afite
umugore n’abana.
Nyuma yo kugwa muri uwo mwobo, abaturage bari hafi aho babimenye
bitinze, maze bageze aho byabereye basanga umugabo yamaze kwitaba Imana, mu
gihe umukobwa w’imyaka 29 basanze amuryamye hejuru, agaragaza ibimenyetso byo
gukomereka.
Uyu mukobwa yahise ajyanwa byihuse mu bitaro bya Kibungo, aho
abaganga batangiye kumuha ubuvuzi bw’ibanze. Amakuru aturuka mu baturage avuga
ko ubuzima bwe butari mu kaga, ariko ko yakomeretse bikomeye.
Nubwo hari abaturage bakeka ko aba bombi bashobora kuba bari mu bikorwa
byihariye byabo mbere yo kugwa muri uwo mwobo, nta rwego na rumwe rw’umutekano
rurabitangaza ku mugaragaro, kuko iperereza rikiri gukorwa kugira ngo
hamenyekane neza icyateye iyo mpanuka n’uko yabaye.
Iyi mpanuka yongeye kwibutsa abaturage n’inzego z’ibanze akamaro
ko gusiba no kurinda neza imyobo n’ubwiherero bwakoreshejwe bukuzura
ntibabupfundire, kuko bikomeje guteza impanuka zikomeye zishobora kuvamo urupfu
n’ihungabana ry’imiryango.
Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’ibanze mu Murenge wa Sake
zirasabwa kwihutisha iperereza, no gufata ingamba zo gukumira impanuka nk’izi,
mu gihe abaturage basabwa kwitwararika cyane igihe bagenda mu masaha y’ijoro,
cyane cyane ahari ahantu hadatekanye.
IMIHIGO NEWS
0 Comments
Imihigonews