-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

BURUNDI: Imigi 12 y’Urubyiruko yahuriye ku kibuga ca “Département”, mu isiganwa rikomeye rirasusurutsa Bujumbura

Bagaragazaga impano bafite


Imvura ntiyabujije Urubyiruko rwishimira irushanwa rya YaNgabire2025(Impano), aho imigi 12 yahiganwe mu mpera z’irushanwa, hatowe itatu izakomeza.

Ku kibuga ca “Département”, ku wa gatandatu, irushanwa rya Ngabire2025 ryarabaye mu buryo bushimishije, nubwo imvura yagwaga. Imigi 12 y’urubyiruko yitabiriye isiganwa rya nyuma (finale), mu gihe abahanzi, aba-MC n’abafana basusurukije iki gikorwa cyitabiriwe n’abantu benshi.

Iki kibuga gisanzwe kibereyemwo imikino ya basketball cyahindutse ahantu h’akanyamuneza n’imyidagaduro, aho urubyiruko rwo mu mujyi wa Bujumbura n’ahandi rwahuriye kwishimira impano, umuziki n’amarushanwa atandukanye.

Nubwo imvura yagwaga, Urubyiruko rwitabiriye YaNgabire2025 ntibacitse intege. Imigi 12 yageze mu mpera z’irushanwa (finale) yari yamaze gutoranywa, aho buri wese yaje yiteguye gutanga ishaka rye ryose.

Abagize akanama nkemurampaka (jury) barimo Falasha, Fufude na Vegas bagaragaje ko biteguye gutanga amanota mu mucyo no mu butabera, nta kurobanura.

Ibyishimo byarushijeho kwiyongera ubwo aba-MC Kaboss4Real na ACA-TheResolver (Samandari) batangiraga gutanga show yanyuze benshi, bafatanyije na DJ Zenobino, wakomeje gutanga umuziki ususurutsa abafana n’abahiganwa.

Abafana b’imigi itandukanye bari bitabiriye ku bwinshi baje gushigikira abo bakunda, mu gihe urubyiruko rwo mu mujyi (jeunes de la ville) rwerekanye ko rumaze gusobanukirwa n’akamaro ka YaNgabire2025 mu guteza imbere impano z’abato.

Uyu munsi w’irushanwa wasize imigi itatu gusa ari yo izakomeza, mu gihe iyindi icyenda yasezerewe, ariko ishimirwa ku ruhare rwayo no ku bwitange yagaragaje.

Irushanwa rya YaNgabire2025(Impabo) ryagaragaje ko, n’ubwo haba imbogamizi zirimo imvura, impano n’ishyaka ry’urubyiruko bidashobora kuzima. Abategura iki gikorwa bashimiwe ku gitekerezo cyiza cyo guhuza urubyiruko binyuze mu myidagaduro n’amarushanwa, mu gihe hategerejwe kureba uko imigi itatu yatsinze izitwara mu byiciro bikurikira.

 

 

 

IMIHIGO NEWS


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153