-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Burundi: Gufungwa kwa Gén-Major Célestin Ndayisaba (Kibadashi): Kongera gusuzuma uruhare rw’abasirikare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye



Muri Gereza nkuru ya Muramvya, Gén-Major Célestin Ndayisaba, uzwi ku izina rya
Kibadashi, afunganywe n’abandi basirikare bakuru kuva ku wa 24 Ugushyingo 2018, bakurikiranwe n’ubutungane (Ubugenzacyaha) ku birego by’uruhari mu rupfu rwa Perezida Melchior Ndadaye rwo mu 1993, mu rwego rwo kongera gusuzuma amadosiye y’amateka y’icyo gihe, mu gihe urubanza rutararangira.

Kwica Perezida wa mbere watowe mu matora rusange, Melchior Ndadaye, ku wa 21 Ukwakira 1993, ni kimwe mu bintu byasize igikomere gikomeye mu mateka y’u Burundi. Nyuma y’imyaka myinshi y’impaka, raporo zitandukanye n’ibivugwa n’abakurikirana amateka, ubuyobozi bw’ubugenzacyaha mu Burundi bwafashe icyemezo cyo gusubukura amadosiye ajyanye n’iyo dosiye, bituma hari abasirikare bakuru bafatwa, barimo Gén-Major Célestin Ndayisaba.

Amavu n’amavuko

  • Amazina ye: Général-Major Célestin Ndayisaba
  • Azwiho ku izna : Kibadashi

Célestin Ndayisaba yinjiye mu ngabo z’u Burundi (Forces Armées Burundaises (FAB) mu bihe byari bigoye ku gihugu, aho inzego z’umutekano zagiraga uruhare runini mu miyoborere ya Leta.
Mu rugendo rwe:

  • Yize amasomo ya gisirikare ajyanye n’inshingano yari ashinzwe.
  • Yagiye afata imyanya itandukanye mu nzego z’umutekano, by’umwihariko mu nzego zifata ibyemezo ku rwego rwo hejuru.
  • Yagiye azamurwa mu mapeti kugeza ageze ku ipeti rya Général-Major, riri mu mapeti akomeye mu gisirikare cy’u Burundi.

Igihe cy’amateka 1993

Mu 1993, u Burundi bwari mu bihe bikomeye bya politiki n’umutekano, nyuma y’amatora yatsinzwe n’ishyaka FRODEBU riyobore na Perezida Melchior Ndadaye.
Ku wa 21 Ukwakira 1993, Perezida Ndadaye yiciwe mu gikorwa cya gisirikare cyahise gitera imvururu n’ubwicanyi mu gihugu hose.

Muri ayo mateka:

Izina rya Célestin Ndayisaba ryagiye rivugwa mu byegeranyo,ibivugwa n’abakurikirana byahafi amateka n’iperereza ryakozwe mu bihe bitandukanye, gusa imyaka myinshi yaburanaga nta rubanza rwari rwamuhamya icyaha ku mugaragaro.

Ku wa 24 Ugushyingo 2018, Célestin Ndayisaba yarafashwe n’inzego z’ubutungane(Ubugenzacyaha), hamwe n’abandi basirikare bakuru, mu rwego rwo,

  • Kongera gusuzumira hamwe amadosiye ajyanye n’urupfu rwa Perezida Ndadaye
  • No gukurikirana ibirego by’uruhare rushinja abasirikare bamwe mu byabaye mu 1993 mu Burundi.

Abo bose:

  • barafunzwe by’agateganyo kugeza ubu kandi nta gihamya Urukiko rufite kigaragaza ko bagomba kuguma muri gereza n'Ubwo bavuga ko bakurirankweho icyaha cyo kuba abaragize uruhare mu iyicwa rya Perezida Ndadaye.
  • bafungiwe muri Gereza nkuru  ya Muramvya.

Ni ngombwa kugaragaza ko nta rukiko rwari rwabahamya icyaha burundu muri icyo gihe cyose bamaze muri iyi gereza.

Kugeza ubu, dosiye ya Gén-Major Célestin Ndayisaba iri mu maboko y’ubutungane(Ubushinjacyaha).
Hakurikijwe amategeko:

  • Nyamara amategeko avuga ko Ababurana bose bagira uburenganzira bwo kwitwa abere kugeza igihe urukiko rubahamije icyaha burundu n’urubanza ndakuka.
  • Icyemezo cya nyuma kizashingira ku bimenyetso n’ibyo urukiko ruzemeza, atari ku bivugwa gusa kuko bazaba babonye ibibashinja ntakuka.

Gusubukura dosiye y’urupfu rwa Perezida Ndadaye bifatwa na benshi nk’intambwe yo gushaka ukuri n’ubutabera mu mategeko y’igihugu, n’ubwo bikomeje guteza impaka n’amarangamutima atandukanye. Abasesenguzi mubya politiki basaba ko:

  • Ubushinjacyaha bukora mu bwisanzure bukagaragaza ukuri hakirindwa guhamya icyaha.
  • kandi ukuri kukazagaragazwa mu nyungu z’ubwiyunge n’amahoro arambye.

 

 

 

IMIHIGO NEWS


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153