-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

KAYONZA: Umunyonzi umaze imyaka irenga 35 akora uyu mwuga yapfiriye mu mpanuka y'igare

 

Impanuka yabereye mu murenge wa Rwinkwavu akagari ka Mbarara mu karere ka Kayonza, mu gihe polisi y'Urwanda ikomeje kwibutsa abakoresha umuhanda kwitwararika muri ibi bihe by'Iminsi mikuru.

Umugabo w'imyaka 49 y'amavuko, umunyonzi wo mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka kayonza, yapfiriye mu mpanuka y'igare yabaye ku mugoroba wo ku wa mbere tariki ya 22 Ukuboza 2025, ubwo yavaga mu isoko rya kabarondo ari mu kazi ke ka buri munsi.

Iyi mpanuka yabereye mu Karere ka Kayonza, mu Ntara y’Iburasirazuba mu kagari ka Mbarara, aho Karegeya John igare yaratwaye ryabuze feri y'umayuko hari hamaze kunyuraho imodoka nini, bikamuviramo gutakaza icyerekezo no kugonga igikuta cyo mu Muhanda.


Nk’uko byemejwe n’abaturage bari hafi y’aho impanuka yabereye, nyakwigendera yari avuye mu isoko rya Kabarondo, ahetse ibitoki yerekeza mu Murenge wa Rwinkwavu, aho yajyaga mu kazi ke ka buri munsi ko gutwara ibitoki akoresheje igare. Bivugwa ko ubwo yari ageze mu Kagari ka Mbarara, habanje kunyura imodoka nini, bikamutera igihunga, igare yari atwaye rigahita ribura feri mu gihe yari afite umuvuduko mwinshi.

Ababonye ibyabaye bavuga ko igare ryahise riyoba rigonga igikuta cyo ku muhanda, Karegeya akomereka bikabije mu mutwe. Abaturage bari aho bahise batabara, bamugira ubutabazi bw’ibanze, banahamagara imbangukiragutabara yo ku Kigo Nderabuzima cya Rwinkwavu.

Uyu munyonzi yahise ajyanwa mu Bitaro bya Rwinkwavu kugira ngo ahabwe ubufasha bwihuse. Gusa abaganga bagaragaje ko ubuzima bwe butari bumeze neza, batangira gutegura ko yimurirwa mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), bimaze kwimurirwa i Masaka mu Karere ka Kicukiro. Icyakora, yaje kwitaba Imana akiri mu Bitaro bya Rwinkwavu, mbere y’uko yimurirwa ahandi.

Nyakwigendera Karegeya John yari umunyonzi umaze igihe kirekire muri uyu mwuga, aho bivugwa ko yawukoze kuva mu mwaka wa 1987. Urupfu rwe rwasize umuryango we n’abaturage bo mu Murenge wa Rwinkwavu mu gahinda gakomeye.


IMIHIGO NEWS yagerageje kuvugana n’inzego zitandukanye zirimo ibitaro, Polisi y’u Rwanda Ishami rya Kayonza n’ubuyobozi bw’aho impanuka yabereye, ariko kugeza ubwo iyi nkuru yatunganywaga, nta tangazo ryari ryasohoka ryemeza ku mugaragaro iby’uru rupfu.

Mu gihe hategerejwe ibisobanuro byemejwe n’inzego zibishinzwe, Polisi y’u Rwanda ikomeje kwibutsa abakoresha umuhanda bose kwitwararika, cyane cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru birangwa n’ingendo nyinshi. Abatwara amagare n’ibinyabiziga basabwa kugenzura ubuzima bwa feri, kwirinda umuvuduko ukabije no kudatwara imizigo irenze ubushobozi bw’ibinyabiziga.

Mu gihe hategerejwe ibisobanuro byemejwa n’inzego zibishinzwe, police y’urwanda ikomeje kwibutsa abakoresha umuhanda bose kwitwararika cyane cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru birangwa n’ingendo nyinshi.

IMIHIGO NEWS


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153