| Mu mafoto batanga ihene (AMAFOTO) |
Mu rwego rwo kwizihiza Umunsi wa Mwarimu ku wa 12 Ukuboza 2025,
abarimu bo mu Murenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo, ku bufatanye n’inzego
z’ibanze n’izindi nzego za Leta, boroje umuturage witwa NYIRABAGENZI Cecile
ihene mu gikorwa cyagaragaje ko uburezi atari amasomo gusa, ahubwo ari inkingi
y’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.
Umunsi wa Mwarimu wizihizwa ku wa 5 Ukwakira ku Isi hose, mu
Rwanda wizihijwe ku wa 12 Ukuboza 2025. Uyu munsi wahereye ku rwego rw’igihugu
mu Karere ka Kirehe, mu gihe inzego z’ibanze zateguye ibikorwa bifite aho
bihuriye n’iterambere ry’abaturage.
Mu Murenge wa Kiramuruzi, abarimu bafatanyije n’ubuyobozi
n’izindi nzego za Leta barimo Ingabo, Polisi na DASSO, boroje NYIRABAGENZI
Cecile ihene mu Kagari ka Gakenke, Umudugudu wa Bwunyu.
Iyi hene yashyikirijwe uyu muturage nk’ikimenyetso cy’ubufatanye
n’inshingano z’uburezi mu guteza imbere imibereho y’abaturage, by’umwihariko mu
kurwanya ubukene no guteza imbere ubworozi bworoheje.
| Umuyobozi w'UMURENGE WA KIRAMURUZI (YANKURIJE Vestine) |
Madamu YANKURIJE Vestine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa
w’Umurenge, yashimiye abarimu n’inzego zose zagize uruhare, avuga ko iri
gikorwa rifite igisobanuro gikomeye mu rugendo rw’iterambere ry’abaturage.
Yagize ati:“Yego, itungo ni iryawe, ariko ujye wibuka ko
baguhaye iyi hene bagamije kugufasha kugira aho uva n’aho ugera. Ni intangiriro
y’iterambere ryawe n’umuryango wawe.”
Yakomeje asaba umuturage gufata neza iri tungo, akaryitaho
nk’ishoramari rizamufasha kwiteza imbere no gusangiza abandi igihe rizaba
ryunguka.
Bwana MAJYAMBERE Narcis, ushinzwe uburezi mu Murenge wa
Kiramuruzi, yagaragaje ko uburezi bufite aho buhurira n’imibereho myiza
n’umutekano, kuko umwana wize neza agira amahirwe yo kuba umuturage wubaha
amategeko kandi witeza imbere.
Intumwa z’uburezi zaturutse muri Kamenuza ya UTB ziyobowe na
Mwarimu NYAGATOMA Pierre Celestine, ku bufatanye n’Ingabo na Polisi,
zashimangiye ko uburezi bufite uruhare mu kubaka umuryango utekanye kandi
wiyubaka.
Abarimu bo mu Murenge wa Kiramuruzi basabiye NYIRABAGENZI Cecile
iterambere rirambye, ubworozi bwiza n’ubuzima bwiza, bakanagaragaza ko Umunsi
wa Mwarimu atari ukwizihiza gusa, ahubwo ari no kugaragaza ubumwe, ubufatanye
n’ubwitange.
Igikorwa cyo koroza ihene cyashimangiye isomo rikomeye: uburezi
bufatanyije n’ibikorwa bifatika bishobora guhindura imibereho y’abaturage.
| Ifoto y'Urwibutso |
| Umwarimu uhagarariye abandi muri KIRAMURUZI |
| NYIRABAGENZI Cecile umuturage worojwe ihene |
IMIHIGO NEWS | Uburezi
0 Comments
Imihigonews