-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Goma: Umuyobozi Ukomeye muri AFC/M23 Yishwe Arashwe mu Mujyi wa Goma


Umuyobozi w’ishami ry’Umuco muri AFC/M23, Magloire Paluku Kavunga, wahoze ari umunyamakuru n’umukozi muri Minisiteri y’Umuco ya DRC, yarashwe mu ijoro ryo ku wa 10 Ukuboza 2025 mu mujyi wa Goma, ahita ahasiga ubuzima. Urupfu rwe rwateje urujijo n’amakimbirane avugwa hagati y’impande zishamikiye ku ntambara yo mu Burasirazuba bwa Congo.

Amakuru y’urupfu rwa Magloire Paluku Kavunga, umwe mu bayobozi bakomeye muri AFC/M23, akomeje gucaracara no gutera urujijo mu bari muri iri huriro n’abakurikiranira hafi ibibera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC). Uyu mugabo wari umaze igihe kinini akorera AFC/M23 mu rwego rw’umuco, yarashwe mu buryo butunguranye mu ijoro ryo ku wa 10 Ukuboza 2025 ubwo yari muri Goma, nk’uko bitangazwa na Radio Okapi.

Magloire Paluku Kavunga yari azwi cyane mu itangazamakuru no mu rwego rw’umuco mbere yo kwinjira muri politiki y’imirwano mu Burasirazuba bwa Congo. Yigeze gukora muri Minisiteri y’Umuco ya DRC ndetse yamenyekanye nk’umunyamakuru w’inararibonye mbere yo kwinjira mu mitwe ya M23, akaza kugirwa Umujyanama w’Umuco muri AFC/M23.

Amakuru ava mu bari hafi y’uyu mutwe wa AFC/M23 avuga ko Paluku yarasiwe mu gace ka Goma mu masaha akuze y’ijoro, nubwo kugeza ubu nta muntu cyangwa urwego rurigamba uruhare mu rupfu rwe. Gusa, amakuru atandukanye akomeje gukwirakwira ahamya ko yaba yarashwe n’abantu bikekwa ko bari mu ruhande rushyigikiye Leta ya DRC, nubwo ibyo bitaremezwa ku mugaragaro.

Urupfu rwe rubaye mu gihe AFC/M23 ikirangwa n’intsinzi iheruka gutangaza ko yafashe umujyi wa Uvira, ibintu byateje impaka no guhangayika mu nzego za Leta ya Congo bitewe n’ikwirakwira ry’uyu mutwe w’inyeshyamba mu bice bitandukanye by’Intara ya Kivu. Hari n’amakuru avuga ko hari umugambi mushya wo kwikiza bamwe mu bayobozi bakomeye ba AFC na M23, by’umwihariko abagaragaza uruhare runini mu miyoborere y’imitwe yombi.

Abasesenguzi b’umutekano bavuga ko urupfu rwa Paluku rushobora kuba ikimenyetso cy’indi mirwano mishya ishingiye ku gucucumana kw’ingabo za Leta, imitwe yitwaje intwaro, n’uruhande rwa politiki rukomeje gushakisha icyerekezo mu bice byugarijwe n’umutekano muke.

Kugeza ubu, AFC/M23 ntiyatangaje byinshi ku rupfu rw’uyu muyobozi wayo, uretse guhamya ko yaburiwe ubuzima mu buryo butunguranye. Ishyamba si ryeru mu Burasirazuba bwa Congo, kandi urupfu rwa Magloire Paluku Kavunga rushobora kwimakaza impaka, amakimbirane n’ugushidikanya mu barwanyi n’abayoboke b’iri huriro. Abakurikirana ibibera muri ako karere bemeza ko ibi bishobora kuba intangiriro y’andi makimbirane ashingiye ku guhangana n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro mu rwego rwo gucogoza imbaraga zabo mu karere.

 

imihigonews.rw


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153