-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Prof. Dr. Rwigamba Balinda Yamuritse Igitabo Gishya Kigamije Kwereka Umukristo Inzira y'Ubugingo Buhoraho

Mu muhango wabereye i Kigali wahuriyemo n’abanyamakuru, abanyeshuri, abayobozi b’amatorero n’abakunzi b’ibitabo, Prof. Dr. Rwigamba Balinda—umushakashatsi, umunyabwenge w’umwigisha n’umwanditsi w’ibitabo by’ubumenyi n’iyobokamana—yamuritse ku mugaragaro igitabo cye gishya yise “Inzira y’Ukuri y’Ubugingo Buzabana n’Imana Iteka.” Ni igitabo asobanura ko cyavutse kubera inyota yo gufasha abakristo gusobanukirwa neza inzira nyakuri banyuramo kugira ngo babashe kugera ku bugingo buhoraho bufite ishingiro mu kwihana, kubatizwa no kwakira Umwuka Wera.

Uyu muhango wabaye umwe mu bikorwa by’ingenzi bitangirije iki gitabo ubuzima bushya mu ruhando rw’ibitabo by’iyobokamana mu Rwanda, aho Prof. Dr. Balinda yagaragaje impamvu yanditse iki gitabo, ubutumwa bukirimo, n’akamaro gateganyirijwe abakristo n’abanyafurika muri rusange.

Ubutumwa bw’Inzira y’Ubugingo mu Burezi bw’Umwuka

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Prof. Dr. Rwigamba Balinda yasobanuriye abitabiriye umuhango ko iki gitabo kigaruka ku masoko y’ukwemera ya gikristo, ashingiye ku Byanditswe Byera n’inyigisho zinyura mu muco nyarwanda no mu mibereho ya buri munsi. Yavuze ko igitabo gishingiye ku mpamvu yumvaga ko hari icyuho gikomeye mu myigishirize y’iyobokamana n’ubumenyi bw’umwuka mu bice byinshi by’igihugu.

Ati:“Iki gitabo nacyanditse kugira ngo cyorohereze abakunzi b’Ijambo ry’Imana kumenya neza aho urugendo rw’umwizera rutangirira, uko rukomeza n’icyo rugarukira. Inzira y’ukuri si amagambo menshi cyangwa imigenzo y’abantu, ni ukwemera nyakuri, kwihana kw’umutima no kubatizwa mu izina rya Yesu Kristo.”

Yongeyeho ko mu bushakashatsi bwakoze yasanze umubare munini w’abiyita abakristo badafite ubumenyi buhagije ku byiciro by’ingenzi bigize ubugingo bushya bw’umuntu wakiriye Kristo. Kubera iyo mpamvu, igitabo cye gitekerejwemo uburezi bw’umwuka bugenewe urubyiruko, abanyeshuri, abanyamadini, abashumba, abashakashatsi n’abantu bose bashaka kumenya iby’ukwemera ku buryo butomoye kandi bwubakiye ku kuri.

Mu gusobanura mu buryo burambuye ibyo igitabo gikubiyemo, Prof. Dr. Balinda yagarutse ku ngingo z’ingenzi zisegura ku bisubizo hanyuma zigahinduka inzira yubakiye umwizera ubuzima bushya.

Yagize ati:“Iyo umaze kwizera urihana bucece wowe n’Imana yawe, warangiza ukabatizwa mu izina rya Yesu Kristo, ukababarirwa ibyaha byawe byose. Imana yonyine ni yo iguha Umwuka Wera. Aba ari ikimenyetso cyo gucungurwa, kikaba n’ikimenyetso cy’uko ubonye umubyeyi mushya, ko ubaye icyapa cyamamaza Yesu Kristo.”

Aya magambo agaragaza uko igitabo gishyira imbere ubugingo bushya nk'icyiciro cy’ingenzi mu buzima bw’umwizera. Muri iki gitabo, umwanditsi asobanura ko kwihana ari intangiriro y’urugendo, kubatizwa bigaha umuntu uburyo bwo kubabarirwa, naho kwakira Umwuka Wera bikaba igice cy’ingenzi gituma umuntu ahinduka, agasimbuza kamere ya kera kamere nshya ya Kimana.

Prof. Dr. Balinda yakomeje avuga ko Umwuka Wera ari we muhamya ugaragaza ko umuntu yahawe ubugingo bushya, bityo igihe cyose ari Umwuka wigenga uhamya ko umuntu yababariwe akanagirwa mushya.

Yagize ati:“Umenya ko Umwuka Wera yakugezemo kubera ko weze imbuto nziza. Kamere yawe ishaje ikavamo, igasimburwa na kamere ya Kimana igaragarira mu rukundo.”

Mu gitabo, agaragaza ko izi mbuto ari izo Bibiliya ivuga: urukundo, amahoro, kwirinda, imbabazi, gukiranuka, ukwihangana n’izindi mico myiza igaragaza umuntu washyizwe mu gitereko cy’Imana. Izo mbuto, nk'uko abisobanura, ni amasomo y’ingenzi mu burezi bw’umwuka kandi zikwiye kwigishwa mu mashuri y’amatorero, mu mashuri yisumbuye ndetse no mu mashuri makuru kuko zifasha kubaka umuco w’amahoro n’imyitwarire iboneye mu muryango nyarwanda.

Nk’uko abasesenguzi batandukanye babigaragaje mu muhango wo kumurika iki gitabo, inyandiko ya Prof. Dr. Balinda irimo:

  • Ibisobanuro by’ijambo ry’Imana bijyanye n’inzira y’ubugingo buhoraho
  • Ingero zitandukanye z’ubuzima bw’iyobokamana ku isi
  • Imyigishirize y’uburezi bw’umwuka
  • Uburyo ubumenyi bw’iyobokamana bwifashishwa mu kubaka imibanire myiza hagati y’abantu
  • Ubumwe n’ubufatanye mu kubaka amatorero akomeye
  • Imibanire y’abantu mu muryango no mu baturanyi
  • Uko kwigisha abana inzira y’Imana bihuzwa n’uburere bw’iwabo no ku ishuri

“Iki gitabo kije gufasha abashumba, abarimu b’amatorero n’urubyiruko rwacu. Cyatangiye ikigero gishya mu myigishirize y’ubumenyi bw’umwuka.”
Prof. Dr. Rwigamba Balinda asoza umuhango yasezeranyije ko azakomeza kwandika ibitabo bigamije kubaka inyigisho zifite umusingi ukomeye, ibikubiyemo ubumenyi bw’iyobokamana, uburezi n’umuco nyarwanda.

Iki gitabo kigaragaza kandi uburyo ubumenyi bwo mu nsengero n’ubumenyi bushingiye ku bumenyamuntu bishobora gufatanya mu gutanga uburezi bw’umwuka, bwiza kandi burambye.

Iki gitabo gishya kigaruka cyane ku muco n’indangagaciro z’Abanyarwanda mu buryo buhuza inzi y'ukwemera n’uruhererekane rw’umuco w’igihugu. Muri byo harimo:

Aha ni ho iki gitabo gihuza neza n’icyiciro cy’Uburezi, kuko gishishikariza ko ubumenyi bw’iyobokamana butagomba kuvukira mu nsengero gusa, ahubwo bugahabwa umwanya mu burezi rusange nk’ahantu h’ingenzi hatangirwa indangagaciro.

 

Abitabiriye umuhango wo kumurika iki gitabo bagaragaje ko ari igitabo cyanditse mu rwego rwo hejuru, gifite ubushakashatsi buhagije, kandi gikenewe cyane mu matorero, mu mashuri no mu miryango.

Umwe mu bayobozi b’itorero waganiriye n’itangazamakuru yagize ati:Abanyeshuri biga tewolojiya bo bavuze ko iki gitabo cyuzuzanya neza n’ibyigwa byabo kandi ko gifite uburyo bworoshye bwo gusobanukirwa, bityo kikaba kizaba igikoresho gikomeye mu bushakashatsi bwabo.

 Yagize ati: “Ubumenyi ni umurage. Twagombye kuwusiga mu rubyiruko rwacu mu buryo bufatika, bityo bukarufasha kubaka igihugu gifite amahoro, uburere n’ubwitange.”

 Igitabo “Inzira y’Ukuri y’Ubugingo Buzabana n’Imana Iteka” cyanditswe na Prof. Dr. Rwigamba Balinda kije nk’inyandiko ikomeye itanga umurongo mushya mu burezi bw’umwuka no mu buzima bwa gikristo. Gihuza ukuri kw’ijambo ry’Imana, inyigisho z’umuco nyarwanda n’ubumenyi bwa tewolojiya mu buryo buciye mu mucyo. Ni igitabo cyitezweho kugira uruhare rukomeye mu guhindura imyumvire y’abakristu, mu kwigisha urubyiruko n’abanyeshuri, no mu kubaka umuryango nyarwanda wubakiye ku ndangagaciro zikomoka ku Mana.

 

 imihigonews.rw

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153