Abayobozi n’abantu b’indashyikirwa b’Abanyarwanda bakomeje guhabwa Impamyabumenyi z’Ikirenga z’Icyubahiro (Honorary Doctorates) n’amashuri makuru yo hirya no hino ku isi, mu rwego rwo gushimira umusanzu wabo mu miyoborere, uburezi, iterambere ry’ubukungu, kurengera ibidukikije n’ubutabera. Ibi bigaragaza uko ibikorwa byabo bikomeje kugira ingaruka zirenze imbibi z’u Rwanda.
Professor Silas Lwakabamba: Umusanzu ukomeye mu burezi
n’ubumenyingiro
Professor Silas Lwakabamba, wabaye Minisitiri w’Ibikorwaremezo
ndetse na Minisitiri w’Uburezi, azwi cyane ku ruhare rwe mu guteza imbere
uburezi bwa kaminuza n’ubumenyingiro mu Rwanda. Mu 2005, yahawe Impamyabumenyi
y’Icyubahiro ya Doctor of Technology na Glasgow Caledonian University yo mu
Bwongereza.
Mu 2007, yongeye guhabwa Doctor of Engineering na Solent
University i Southampton. Izi mpamyabumenyi zamushimiye umusanzu we mu guteza
imbere ubumenyi ngiro, guteza imbere imikoranire hagati ya za kaminuza
n’inganda, no guteza imbere politiki y’uburezi ishingiye ku bumenyi bufatika.
Frank Habineza: Guharanira demokarasi n’ibidukikije
Frank Habineza, Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no
Kurengera Ibidukikije (DGPR–Green Party of Rwanda) akaba n’Umudepite, yahawe
Impamyabumenyi y’Ikirenga y’Icyubahiro ya Doctorate of Humanities na Bethel
College/University mu 2013.
Yashimiwe umusanzu we mu guteza imbere demokarasi, kurengera
ibidukikije no guharanira uburenganzira bwa muntu cyane cyane mu guteza imbere
politiki itanga umwanya w’ibitekerezo bitandukanye mu Rwanda.
Claire Akamanzi: Isura nshya y’ishoramari ry’u Rwanda ku isi
Mu 2018, Claire Akamanzi, wahoze ari Umuyobozi Mukuru wa Rwanda
Development Board (RDB) ubu akaba ayobora NBA Africa, yahawe Impamyabumenyi
y’Ikirenga y’Icyubahiro na Concordia University yo muri Kanada.
Iyi mpamyabumenyi yamushimiye uruhare rwe mu guteza imbere
ishoramari, ubucuruzi n’urwego rw’abikorera, ndetse no kuzamura isura y’u
Rwanda ku rwego mpuzamahanga nk’igihugu gifite politiki ishimangira iterambere
rishingiye ku ishoramari, udushya n’imiyoborere myiza.
Ambasaderi Mathilde Mukantabana: Uruhare mu butabera n’ubwiyunge
Muri Gicurasi 2023, Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe
za Amerika, Mathilde Mukantabana, yahawe Impamyabumenyi y’Ikirenga y’Icyubahiro
ya Doctor of Humane Letters na California State University, Sacramento, aho
yize mu bihe byashize.
Yashimiwe umusanzu we mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside,
guteza imbere amahoro n’ubutabera, no gufasha no kurengera abarokotse Jenoside
yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko binyuze mu bikorwa byo kubaha ijwi ku
rwego mpuzamahanga.
Sina Gerard: Udushya n’inganda zishingiye ku buhinzi
Rwiyemezamirimo Sina Gerard na we yahawe Impamyabumenyi ebyiri
z’Ikirenga z’Icyubahiro. Iya mbere yayiherewe muri Mexique mu Ugushyingo 2022,
indi ayihabwa na American Heritage University of Southern California muri Leta
Zunze Ubumwe za Amerika mu Ukuboza 2023, we n’umugore we Olive Uwicyeza.
Yashimiwe umusanzu we mu guhanga udushya, guteza imbere inganda zishingiye ku buhinzi no kongerera agaciro umusaruro w’Abanyarwanda, ibikorwa byagize uruhare mu guhindura imibereho y’abaturage no guteza imbere ubukungu bushingiye ku bikorerwa mu gihugu.
Izi mpamyabumenyi z’icyubahiro zigaragaza uko u Rwanda rukomeje
kwitabwaho ku rwego mpuzamahanga, haba mu miyoborere, uburezi, iterambere
rirambye n’ubumwe bw’abaturage. Ni ikimenyetso cy’uko ibikorwa by’abayobozi
n’abantu b’indashyikirwa bikomeje gutanga umusanzu ufatika ku iterambere
ry’igihugu no ku rwego rw’isi muri rusange.
IMIHIGO NEWS

0 Comments
Imihigonews