Umukinnyi w’amafilimi muri Tanzania Kajala Masanja, yatangaje ko yishimiye ko abantu benshi bakiri mu rujijo ku bijyanye n’urukundo rwe n’umuhanzi wamenyekanye kurubyiniro nka Harmonize, nyuma y’uko yashyize ifoto ye ku rukuta rwe rwa Instagram, bikongera gutuma abamukurikira bibaza ku mubano wabo.
Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Mwanaspoti, Kajala Masanja
yavuze ko abantu benshi bari basanzwe bazi ko we na Harmonize bari
baratandukanye kera, buri wese agashaka kubaho mu buzima bwe.
Gusa ku wa 21 Mutarama 2026, benshi batunguwe ubwo Kajala
yashyiraga ifoto ya Harmonize ku rukuta rwe rwa Instagram bari ku mwe, ibi bituma
abantu bongera kwibaza ku mubano wabo.
Kajala yagize ati:“Abantu benshi bari mu rujijo ku bijyanye
nanjye na Harmonize, kandi numva bikunze byaguma gutyo. Si ngombwa ko buri
kintu cyose cyo mu buzima bwacu kigomba kumenywa na buri wese cyane cyane ko mu
minsi ishize twari twashyize umubano wacu ku mugaragaro.”
Uyu mukinnyi ukunzwe muri sinema ya Tanzania yanibukije ko ku wa
30 Ukuboza 2025, Harmonize yamwambitse impeta y’urukundo, ibintu byongeye
gukurura ibiganiro byinshi ku mbuga nkoranyambaga.
Ibi byakurikiye itangazo ryabo ry’uko basubiranye ku munsi wa Noheli,
mu gitaramo Harmonize yakoreye i Zanzibar.
Umubano wa Kajala na Harmonize watangiye kuvugwa mu mpera za
2020. Harmonize afite imyaka 35, naho Kajala afite 43, nyuma y’aho uyu muhanzi
atandukanye n’Umutaliyani Sarah Michelotti bari barashakanye.

0 Comments
Imihigonews