-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Umukinnyi wa filimi Kajala Masanja ashimangiye ko abantu benshi bakiri mu rujijo ku rukundo rwe na Harmonize


Umukinnyi w’amafilimi muri Tanzania Kajala Masanja, yatangaje ko yishimiye ko abantu benshi bakiri mu rujijo ku bijyanye n’urukundo rwe n’umuhanzi wamenyekanye kurubyiniro nka Harmonize, nyuma y’uko yashyize ifoto ye ku rukuta rwe rwa Instagram, bikongera gutuma abamukurikira bibaza ku mubano wabo.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Mwanaspoti, Kajala Masanja yavuze ko abantu benshi bari basanzwe bazi ko we na Harmonize bari baratandukanye kera, buri wese agashaka kubaho mu buzima bwe.

Gusa ku wa 21 Mutarama 2026, benshi batunguwe ubwo Kajala yashyiraga ifoto ya Harmonize ku rukuta rwe rwa Instagram bari ku mwe, ibi bituma abantu bongera kwibaza ku mubano wabo.

Kajala yagize ati:“Abantu benshi bari mu rujijo ku bijyanye nanjye na Harmonize, kandi numva bikunze byaguma gutyo. Si ngombwa ko buri kintu cyose cyo mu buzima bwacu kigomba kumenywa na buri wese cyane cyane ko mu minsi ishize twari twashyize umubano wacu ku mugaragaro.”

Uyu mukinnyi ukunzwe muri sinema ya Tanzania yanibukije ko ku wa 30 Ukuboza 2025, Harmonize yamwambitse impeta y’urukundo, ibintu byongeye gukurura ibiganiro byinshi ku mbuga nkoranyambaga.

Ibi byakurikiye itangazo ryabo ry’uko basubiranye ku munsi wa Noheli, mu gitaramo Harmonize yakoreye i Zanzibar.

Umubano wa Kajala na Harmonize watangiye kuvugwa mu mpera za 2020. Harmonize afite imyaka 35, naho Kajala afite 43, nyuma y’aho uyu muhanzi atandukanye n’Umutaliyani Sarah Michelotti bari barashakanye.



IMIHIGONEWS|Imyidagaduro

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153