Perezida Donald Trump yateye impungenge Canada, avuga ko ibicuruzwa byinjira muri Amerika bishobora guhita bishyirirwaho umusoro wa 100% mu gihe canada yagirana amasezerano y’Ububucurizi n’Igihugu cy’ubushinwa mu gihe abayobozi ba Canada bagaragaza ko ibiganiro byari bigamije kugabanya imisoro gusa.
Kuri iki cy’Umweru itariki ya 25 Mutarama 2026,Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Donald Trump abainyujije ku rubugankoranyambaga rwe rwa Truth Social yabwiye
Canada ko ibicuruzwa byinjira muri Amerika bishobora guhita bishyirirwaho
umusoro ungana 100% niba iki gihugu cyagirana amasezerano y’ubucuruzi n’u
Bushinwa. Ni mu gihe Ubuyobozi bwa Canada buvuga ko ibiganiro byabaye hagati
y’ibihugu byose byari bigamije kugabanya imisoro ku bicuruzwa bimwe na bimwe.
Ibi bivuze ko urugero rw’igicuruzwa kiva muri Canada kigera muri
Amerika kigurishwa $500, icyo gihe umusoro wacyo uzaba ungana n’agaciro kacyo
kose, Ubwo n’Umusoro na wo uzangana n’amadorari 500 y’Amerika.
Amakuru dukesha ikinyamakuru BBC, avuga ko, Trump atigeze
asobanura neza ayo masezerano icyo avuga ku gihugu cya Canada ishaka kugirana ubucuruzi
n’u Bushinwa. Ku rundi rwa Minisitiri w’Intebe wa Canada bwa Mark Carney
aherutse kuvuga ko Canada yagiye igirana amasezerano n’u Bushinwa harimo no
kugabanya imisoro ku bicuruzwa bimwe na bimwe.
Minisitiri ushinzwe ubucuruzi na Amerika muri Canada, Dominic
LeBlanc yavuze ko Canada itari mu biganiro byo kugirana amasezerano yihariye yo
gukorana ubucuruzi n’u Bushinwa, ahubwo ibiganiro byabaye byari bigamije
gukemura ibibazo by’imisoro gusa.
Mu rwego rw’ibikorwa by’ubucuruzi, U Bushinwa bwemeye kugabanya
umusoro ku mavuta ya Canola aturuka muri Canada, kandi na Canada yagabanyije
umusoro ku modoka z’amashanyarazi ziva mu Bushinwa.
Umubano wa Amerika na Canada muri manda ya kabiri ya Perezida Donald
Trump wakomeje kugaragaramo umwuka mubi aho ubwo yari mu nama izwi nka World
Economic Forum iherutse kubera mu Busuwisi, Minisitiri w’Intebe Carney yanenze
imikorere ya Amerika. Trump nawe ntiyihishira ahita amubwira ko ubutumire bwo
kujya mu rwego rushinzwe amahoro ku Isi Board of Peace, Canada yari yarahawe
bukuwemo.
Gusa, Abasesenguzi bavuga ko amagambo ya Trump ashobora guteza
impungenge mu mubano w’ubucuruzi hagati y’Amerika na Canada ku bicuruzwa
byoherezwa muri Amerika. Ibi bishobora kuba intandaro yo gukomeza ibiganiro
by’imisoro n’amasezerano hagati y’ibihugu byombi.

0 Comments
Imihigonews