Intumwa idasanzwe ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Witkoff, afatanyije na Jared Kushner umukwe wa Perezida wa Amerika Donald Trump, bahuriye i Paris ku wa 7 Mutarama 2026 n’intumwa y’u Burusiya Kirill Dmitriev, bagirana ibiganiro byibanze ku mugambi wa Washington wo guhagarika intambara imaze igihe hagati ya Ukraine n’u Burusiya.
Iyi nama yabaye nyuma y’indi yabereye i Paris ku wa 6 Mutarama,
izwi nka “Coalition of the Willing” yahuje abafatanyabikorwa ba Ukraine barimo
abayobozi bakuru b’u Burayi na Ukraine. Muri iyo nama y’iminsi ibiri, Perezida
Volodymyr Zelenskyy yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’u Bwongereza, u Bufaransa
n’u Budage, hagamijwe gushimangira inkunga no gushaka icyerekezo gishya
cy’amahoro.
Zelenskyy ashaka guhura na Trump,
Hagati aho, Perezida Zelenskyy arimo gushaka uko yagirana inama
na Donald Trump agamije kumusaba kumwizeza umutekano wa Ukraine mu gihe
amasezerano y’amahoro yazaba agezweho ndetse no kumusaba gushyira igitutu kuri
Perezida Vladimir Putin kugira ngo intambara ihagarare burundu.
Zelenskyy ashobora gusura Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu
cyumweru gitaha, cyangwa akagerageza guhura na Trump mu Nama Mpuzamahanga
y’Ubukungu (World Economic Forum) izabera i Davos.
U Burusiya bwagabye igitero gikomeye i Lviv
Mu ijoro ryo ku wa 8 Mutarama 2026, u Burusiya bwagabye igitero mu
mujyi wa Lviv uherereye mu burengerazuba bwa Ukraine, bukoresheje missile nshya
ya Oreshnik, iri mu cyiciro cya missile zihuta kurusha ijwi nka (hypersonic).
Moscou yavuze ko iki gitero cyari igisubizo ku bitero bya drones
byagabwe na Ukraine ku nyubako imwe Perezida Putin atuyemo. Icyakora, Ukraine
yahakanye ibyo birego, ndetse na Amerika itangaza ko nta kimenyetso ifite
cyerekana ko ubutegetsi bwa Zelenskyy bwagize uruhare muri ibyo bitero.
N'ubwo missile ya Oreshnik ishobora gutwara umutwe w’igisasu
kirimbuzi, u Burusiya bwemeje ko iyakoreshejwe i Lviv itari ifite igisasu
kirimbuzi. Ingabo zirinda ikirere za Ukraine zatangaje ko iyo missile yarashwe
ivuye ku kigo cya Kapustin Yar, giherereye mu gace ka Astrakhan mu Burusiya.
Impinduka zikomeye mu buyobozi bwa Ukraine
Perezida Zelenskyy aherutse gukora impinduka zikomeye mu
buyobozi bwa politiki n’inzego z’umutekano, mu rwego rwo guha igihugu
icyerekezo gishya mu gihe intambara ikomeje kandi dipolomasi itangiye kongera
kugeragezwa.
Muri izo mpinduka harimo iyirukanwa rya Andriy Yermak, wahoze
ari Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida, wagiraga ububasha bukomeye. Abasesenguzi
bavuga ko yari yaratumye ubutegetsi bwa Zelenskyy bucikamo ibice.
Yasimbuwe na Kyrylo Budanov, wahoze ayobora ubutasi bwa
gisirikare, wagizwe Umuyobozi mushya w’Ibiro bya Perezida. Budanov azwiho
kwizerwa n’abaturage ndetse n’abafatanyabikorwa ba Ukraine barimo Amerika n’u
Burayi, bamwe bakamubonamo ushobora kuzaba umusimbura wa Zelenskyy mu bihe
bizaza.
Impinduka zanageze muri minisiteri zikomeye, aho Mykhailo
Fedorov, wari Minisitiri w’Ikoranabuhanga akaba na Minisitiri w’Intebe
wungirije, yagizwe Minisitiri w’Ingabo, bigaragaza icyerekezo cyo gukoresha
ikoranabuhanga mu gisirikare.
Hanakozwe impinduka mu rwego rw’ubutasi, mu bashinzwe umutekano
ku mipaka, muri SBU, ndetse no mu zindi nzego zishinzwe iyubahirizwa
ry’amategeko. Icyemezo cyo gukuraho Vasyl Maliuk, wari Umuyobozi wa SBU,
cyateje impaka zikomeye mu basirikare no muri sosiyete sivile.
Zelenskyy yavuze ko izi mpinduka zigamije gukomeza kuvugurura
inzego za Leta mu gihe igihugu cyitegura intambara ishobora gufata igihe
kirekire.
Igihombo n’ingaruka z’intambara
Abayobozi ba Ukraine batangaje ko kongera kubaka igihugu no
kugishyira mu murongo w’iterambere birambye bizasaba nibura miliyari 800
z’amadolari ya Amerika mu myaka 10, amafaranga arenga inshuro enye GDP ya
Ukraine mbere y’intambara.
Ibarura riheruka rigaragaza ko intambara yangije ibikorwa bifite
agaciro ka miliyari 176 z’amadolari, by’umwihariko mu nzego z’ingufu, inganda,
ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubuhinzi.
Ibitero byateje ibura ry’amashanyarazi mu Burusiya
Ku rundi ruhande, ibitero bya Ukraine byateje ibura rikomeye
ry’amashanyarazi mu gace ka Belgorod mu Burengerazuba bw’u Burusiya. Umujyi wa
Belgorod utuwe n’abaturage barenga 330.000 umaze igihe ugabwaho ibitero bya
drones kuva intambara yatangira mu 2022.
Guverineri wa Belgorod, Vyacheslav Gladkov, yatangaje ko igitero
cya missile cyangije bikomeye ibikorwaremezo, nubwo nta muntu wakiguyemo.
Yavuze ko abantu 556.000 bo mu duce dutandatu babuze amashanyarazi, inyubako
zirenga 2.000 zigabura ubushyuhe, naho abaturage hafi 200.000 babura amazi.
IMIHIGO NEWS | With in the best News

0 Comments
Imihigonews