Ishyaka riri ku butegetsi rivuga ko demokarasi itubakwa n’uburakari n’ibirego, ahubwo yubakwa n’amarushanwa ashingiye ku migambi n’ibisubizo bifatika ku bibazo by’igihugu.
Ishami ry’ishyaka All Progressives Congress (APC) muri Leta ya
Lagos ryasabye amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi n’abanenga Perezida Bola
Tinubu kugirana impaka zubaka zishingiye ku bitegerezo na politiki bifatika,
aho gukomeza politiki y’ibirego n’uburakari, mu gihe igihugu cyitegura amatora
rusange ateganyijwe mu 2027.
Mu gihe Nigeria igenda yinjira mu bihe byo kwitegura amatora ya
2027, impaka za politiki ziragenda ziyongera, cyane cyane ku mikorere ya Leta
iri ku butegetsi. Ni muri urwo rwego APC ya Lagos ivuga ko demokarasi ikura mu
guhangana ku bitekerezo n’imigambi y’iterambere, aho gushingira ku mvugo
zisesereza Leta cyangwa zishishikariza abaturage kutizera inzego z’igihugu.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere i Lagos,
umuvugizi wa APC muri iyo leta, Seye Oladejo, yavuze ko demokarasi iramba
ishingira ku guhanahana ibitekerezo bifite ireme, aho gushingira ku byo yise
politiki y’uburakari n’ikinamico.
Yagize ati: “Opposition ishingira gusa ku gushotora,
gushishikariza imvururu no gucuruza ibirego ntiteza imbere demokarasi; ahubwo
irayisenya. Nigeria ikwiye abanenga bafite ibisubizo, si abahora binubira
bibwira ko urusaku ari rwo rufite agaciro.”
Oladejo yavuze ko, nubwo habaye amatora menshi mu bihe byashize,
amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yakomeje kugaragara nk’atatunganijwe neza
kandi adafite politiki isobanutse, ahitamo gusubiramo inkuru z’icuraburindi no
guhitamo amakuru ayafasha mu nyungu za politiki.
Yakomeje agira ati: “Aho kwisuzuma no kwiyubaka, opposition
yamenyereye uburakari n’ihakana. Guhora banga kwakira ibyavuye mu matora si
imyitwarire ya demokarasi kandi si n’iy’igihugu.”
Umuvugizi wa APC yashimangiye ko kubazwa inshingano mu rwego
rw’amategeko bidakwiye gufatwa nk’iyicarubozo rya politiki, avuga ko mu gihugu
kigendera ku Itegeko Nshinga, amategeko adahinduka bitewe n’amarangamutima ya
politiki.
Yagize ati: “Ibirego by’inshinjabyaha si iyicarubozo, kandi
inkiko si aho gukinira politiki. Opposition iri mu ngorane ni yo ivuga ko
kubazwa inshingano ari uburozi bwa politiki.”
Oladejo kandi yasabye amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi
guhangana n’ibibazo byayo by’imbere aho kubyitirira inzego z’igihugu cyangwa
abo yise abanzi batekerezwa.
Yanagarutse ku kibazo cy’umutekano, asaba opposition kwamagana
iterabwoba, ihohoterwa n’ubugizi bwa nabi mu buryo butabogamye ashingiye ku
moko cyangwa ku nyungu za politiki.
Yagize ati: “Uwamagana iterabwoba ku buryo buhitamo aba afite
ikibazo cy’indangagaciro. Nigeria ikeneye ubuyobozi bufite amahame, si
uburakari buhitamo.”
Yanenze amagambo ahora avuga ko igihugu kigiye gusenyuka, avuga
ko Nigeria itari igihugu cyananiranye, anasaba abanyapolitiki kureka imvugo
isebya igihugu bavuga ko bakunda.
Mu gusoza amagambo ye, Oladejo yavuze ko mu gihe opposition
ihugiye mu kwinubira, Leta iyobowe na APC iri gukora akazi gakomeye ko gucunga
igihugu, gukosora ibibazo by’ubukungu no kongera imbaraga mu mutekano
w’igihugu.
Aya magambo ya APC agaragaza ko ishyaka riri ku butegetsi rishaka ko politiki
iganisha ku matora ya 2027 igendera ku bitekerezo bifatika, imigambi
y’iterambere n’impaka zubaka, aho gushingira ku birego n’uburakari. Mu gihe
amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ataratanga igitekerezo kuri aya magambo,
iyi myumvire ishobora kuzagira uruhare mu guhindura uko politiki yo mu bihe
biri imbere izaba imeze, aho abatora bashobora kwitaho cyane abafite ibisubizo
aho kwitaho abahora binubira.
IMIHIGO NEWS | With in the best News

0 Comments
Imihigonews