-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

U Rwanda ruyoboye Afurika mu Bucukuzi bwa Tungsten nyuma yo Guteza Imbere Ikirombe cya Nyakabingo



Trinity Metals Group ivuga ko umusaruro wikubye gatatu kuva mu 2022, mu gihe Amerika yatangiye kugura Tungsten yo mu Rwanda binyuze mu masezerano y’igihe kirambye.

U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere muri Afurika mu bucukuzi bwa Tungsten nyuma yo guteza imbere ikirombe n’uruganda rutunganya amabuye y’agaciro bya Nyakabingo mu Karere ka Rulindo mu Intara y’Amajyaruguru, aho ikigo Trinity Metals Group cyazamuye umusaruro ku kigero kiri hejuru cyane kuva cyatangira ibikorwa byacyo mu 2022.

Mu gihe isi ikomeje gushaka amabuye y’agaciro yizewe kandi akurikiranywe neza mu nkomoko yayo, Tungsten iri mu mabuye afite agaciro gakomeye cyane mu nganda, ubuvuzi no mu by’umutekano n’igisirikare. Guteza imbere ikirombe cya Nyakabingo byatumye u Rwanda rwinjira ku rwego mpuzamahanga nk’igihugu gitanga Tungsten yujuje ibisabwa n’amabwiriza akomeye y’ubuziranenge.

Trinity Metals Group, ikigo kizobereye mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, cyatangiriye ibikorwa byacyo i Nyakabingo mu 2022. Kuva icyo gihe, cyazamuye umusaruro wa Tungsten wikuba inshuro eshatu, ugera kuri toni zirenga 1,200 ku mwaka z’umwimerere wa Tungsten wo mu rwego rwo hejuru.

Uyu musaruro watumye u Rwanda rufata umwanya wa mbere muri Afurika mu bucukuzi bw’iri buye ry’agaciro.

Binyuze mu Kigo TechMet gifite icyicaro i Dublin muri Irlande, ndetse no ku bufatanye n’Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe imari n’ubucuruzi, Tungsten icukurwa i Nyakabingo yatangiye koherezwa ku kigo Global Tungsten and Powders giherereye muri Pennsylvania muri Nzeri ishize, hashingiwe ku masezerano y’igihe kirambye.

Umuyobozi wa Trinity Metals Group, Shawn McKormick, yabwiye ikinyamakuru Financial Times ko u Rwanda “rwinjiye mu buryo butaziguye mu ruhererekane rw’ibikoresho by’ingenzi bikoreshwa n’inganda n’inzego z’umutekano za Leta Zunze Ubumwe za Amerika”.

Agaciro ka Tungsten mu nganda no mu gisirikare

Tungsten ikoreshwa cyane mu nganda zitandukanye zirimo ubuvuzi, ikoranabuhanga n’ubucukuzi bw’ibyuma bikomeye cyane. By’umwihariko, mu bya gisirikare ikoreshwa mu gukora indege n’ibisasu bya missiles, amasasu ashobora gutobora ibikoresho bikomeye (bullet-proof), ndetse n’ibikoresho bikingira imirasire ikaze (radiation shielding).

Abasesenguzi bavuga ko Amerika ishaka kugabanya kwishingikiriza ku Bushinwa bwihariye isoko rya Tungsten ku kigero cya 80 ku ijana ku rwego rw’isi.

Guhakana ibirego ku nkomoko y’amabuye

Ku bibazo by’ubuziranenge n’umucyo mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro, Trinity Metals Group ivuga ko ikurikiza uburyo bukomeye bwo gukurikirana inkomoko y’amabuye, ikagenzura buri mufuka w’amabuye kuva mu kirombe kugeza ku muguzi wa nyuma, ikanirinda kugura amabuye aturuka mu bucukuzi bwa magendu.


Ibi bisubiza ibirego byagiye bigaruka, bishinja u Rwanda kohereza mu mahanga amabuye y’agaciro aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. U Rwanda rwakunze gusobanura ko ibi birego bishingira ku makimbirane n’ibibazo by’umutekano n’imiyoborere byiganjemo mu Burasirazuba bwa Congo.

Abayobozi mu rwego rw’ubucukuzi mu Rwanda bavuga ko abashidikanya ku nkomoko y’amabuye bashobora gusura ibirombe by’igihugu bakirebera aho ava n’uko atunganywa.

Icyizere cy’isoko rya Amerika

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Mine, Peteroli na Gas avuga ko igihugu cyubatse inzego zikomeye z’ubugenzuzi n’igenzura ry’amabuye y’agaciro. Kuba Amerika yemera kugura Tungsten yo mu Rwanda bifatwa nk’ikimenyetso gikomeye cy’uko amabuye ava mu gihugu yujuje ibisabwa by’amategeko n’ubuziranenge, kuko Amerika ifite amategeko akomeye agenga inkomoko y’amabuye y’agaciro.

 Trinity Metals Group ivuga ko ikeneye asaga miliyoni 60 z’amadolari ya Amerika yo kubaka uruganda rutunganya Tungsten mu buryo bwimbitse, bikajyana n’intego y’u Rwanda yo kongera inyongeragaciro ku mabuye y’agaciro akava mu bucukuzi ajya mu nganda.

Muri icyo cyerekezo, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’umuhuza mu biganiro bigamije amahoro arambye n’ubukungu buhamye hagati y’u Rwanda na Congo, yashyize ingingo y’ubufatanye mu bukungu n’ishoramari rifite agaciro ka miliyari z’amadolari. Ibi biteganyijwe ko bizafasha gushyiraho ubucuruzi bwemewe kandi bukurikiranywe neza bw’amabuye y’agaciro bwambukiranya imipaka, bityo u Rwanda rugakomeza kwiyubaka nk’igicumbi cy’ubucukuzi n’inyongeragaciro mu karere.

 


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153