-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Coaching ihindutse inzitizi mu burezi: Abana batishoboye mu kaga



Ni mu gihe Minisiteri y’Uburezi ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’ibanze(REB) igena ko amasaha y’inyongera ya nzamurabushobozi(remedial) agenewe abana bafite intege nke mu myigire akorwa mu gihe cyo ku wa Gatandatu(weekend) hari impungenge zikomeye ko iyi gahunda yahindutse isoko ry’inyungu ku barimu bamwe, bigatuma uburezi bucikamo ibice.

Inkuru dukesha Umunyamakuru Sam Kabera agaragaza ko hari aho amasomo yagenewe abanyeshuri bose atagitangwa uko bikwiye mu ishuri rusange ahubwo akabikwa agashyirwa muri coaching yishyuzwa amafaranga, bigatuma umwana udafite ubushobozi bwo kwishyura asigara inyuma atari uko adashoboye ahubwo ari ukubera ubukene.

Amasaha ya remedial yahindutse coaching yishyurwa

Amabwiriza ya REB agaragaza ko aya masaha y’inyongera yari agamije kuzamurira abana bafite intege nke mu myigire, nta kiguzi na gito. Gusa, nk’uko bivugwa muri iyi nkuru, hari amashuri aho usanga aya masaha yarahise yitirirwa coaching,abana bose bashyirwa mu cyiciro cy’abishyura,n’ubwo byitirirwa remedial bikabaho ku izina gusa, mu by’ukuri umwanya wose ugakoreshwa mu gusaba amafaranga.

Ibi byagize ingaruka zikomeye ku bana n’ababyeyi babo aho birizwa mu nama zaburi munsi aho ibigo by’amashuri bo mu miryango, aho usanga batagifite aho bahurira n’iyi gahunda ya nzamurabushobozi, nyamara ari bo yari igenewe mbere na mbere.


Amafaranga ya coaching n’ingaruka ku burenganzira bw’umwana

Abanyeshuri bitegura ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga bavuga ko bishyuzwa amafaranga ari hagati, bitewe n’ishuri n’isomo.
Ibi bituma:

-       amanota agahinduka ikintu kigurwa

-       ireme ry’uburezi rigatakaza uburinganire.

Ikibazo gikomeye gikomeje kwibazwa ni uko amasomo n’ibyateguwe kwigishwa mu masaha asanzwe asigaye yimurirwa muri coaching, bityo umwana udashoboye kwishyura akabura amahirwe yo kubyiga burundu.

Ninde uzarengera abana batabasha kwiga?(Abatishoboye)

Abasesenguzi mu burezi bagaragaza ko iyi sitimu,idahagaritswe, ishobora:

-       gusenya icyizere cy’ababyeyi ku mashuri

-       gutesha agaciro amanota n’ibizamini bya Leta

-       kongera icyuho cy’uburinganire mu burezi.

Ni muri urwo rwego hakomeje gusabwa ko REB, NESA na Minisiteri y’Uburezi gukora igenzura ryimbitse, hagamijwe:
- Gusuzuma uko amasaha ya remedial akoreshwa mu mashuri
- kurinda uburenganzira bw’umwana ku burezi bungana,
- Gukumira ko coaching ihinduka inzira yo gukuramo inyungu ku banyeshuri.

Coaching ishobora kuba igisubizo ku banyeshuri, ariko iyo ihindutse igikoresho cy’ivangura n’akarengane, iba ikibazo cy’igihugu, si ikibazo cy’ishuri rimwe.

 



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153