-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Ngoma: Inkuba yakubise abantu 15 ku cyambu cya Mbuye–Kibimba, icyenda bahasiga ubuzima


Abapfuye barimo abagore babiri, umukobwa umwe, abagabo batanu n’umwana umwe w’umuhungu, mu gihe abakomeretse batandatu bajyanywe ku bitaro bya Kibungo.

 Iyi nkuba yakubise abaturage kuri iki Cyumweru tariki ya 4 Mutarama 2026, ahagana saa 4:30 z’umugoroba, ku cyambu cya Mbuye na Kibimba giherereye mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, inkuba yakubise abantu 15 bari bugamye imvura munzu abacunga umutekano w’iki cyambu babamo, icyenda muri bo bahita bapfa naho abandi batandatu barakomereka bajyanwa kwa Muganga.

 Iki cyambu kiri mutugari tubiri(2) Akagari ka Kigoma mu cyahoze ari Mbuye n’akagari ka Kibimba icyahoze ari Murama ni ahantu hasanzwe hakukira(ha hamya) abarobyi barobera mu kiyaga cya Rweru, kikaba kiri hafi y’umugezi w’Akagera ndetse kigahana imbibi n’intara ya Kirundo muri komine ya Kirundo mu Gihugu cy’uburundi. Icyabereye aha muri aya masaha cyateje agahinda n’akababaro mu baturage bo mu Murenge wa Jarama.

Amakuru IMIHIGO NEWS yamenye atanzwe nabari aho iyi nkuba yakubise avuga ko abapfuye bose ari icyenda, harimo abagore babiri, umukobwa umwe, abagabo batanu n’umwana umwe w’umuhungu, bakomoka mu tugari dutatu ari two Kigoma, Kibimba na Jarama.

Abakomeretse ni abantu batandatu, harimo abagabo bane n’abana babiri, bahise bajyanwa ku bitaro bikuru by’Akarere ka Ngoma biherereye mu Murenge wa Kibungo ngo bakomeje kwitabwaho n’abaganga guha batangaje ko hagikorwa imibare nyayo yabakomeretse.

Bamwe mu barokotse babwiye IMIHIGO NEWS ko inkuba yakubise imvura iri kugwa, kubera ko inzu bari bugamyemo ari ntoya hari abugamye munzu basanzwe bayibamo(Abasekirite) ndetse n’abandibari baje ku cyambu bugamishijwe. Banavuze ko abari hanze bose ntacyo ba baye ariko abari bugamye harimo abo basekirite bapfuye ariko muri bo hakarokokamo umwe abandi bari mu bitabye Imana.

Bavuze ko bagowe no guterura Imirambo ngo bayigeze aho imbangukira gutabara yariparitse, babateruraga mu maboko kuko umuhanda uva ku cyambu ugera ruguru warangiritse cyane, imodoka zitabashije kuhagera, bituma abakomeretse n’abapfuye baterurwa n’abantu bakoresheje amaboko kugira ngo ba bakure aho bari bari.


Mubutumwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jarama Bwana NDARUHUTSE Jean de Dieu ari kumwe n’inzego z’umutekano zirimo Polisi n’Ingabo na DASSO, yasabye abaturage kwitwararika mu gihe nk’iki hari kugwa imvura, kwirinda kuyikoreramo imirimo itandukanye nko gukoresha telephone,radio n’ibindi bishobora gukurura inkuba cyangwa se kuyigendamo. Ati “ Hari n’abiringira ko bafite imitaka bakayigendamo kandi iriya mitaka ifite ibyuma hejuru ikurura inkuba, ikindi abantu bajye birinda gucomeka ibikoresho by’amashanyarazi kuko na byo biri mu bikurura inkuba, abantu twese twirinde icyatuma inkuba idukubita icyaricyo cyose.’’


Kuri ubu imirambo twatunganyije iyi nkuru iri mubiroby’Akagari ka kibimba ariko hari gushakwa uburyobajya kubasuzumisha kugira ngo harebwe icyaba cyateye ibi, Twagerageje kubaza abari aho, niba hari icyobakeka cyaba cyateye ibi, Batubwiye ko hataramenyekana icyaba cyateye ibi byago.
Muri aka karere ka Ngoma si ubwa mbere yabaye ibi, kuko biheruka kuba mu murenge wa Zaza, tariki ya 10 Ukuboza 2025 mu Mudugudu wa Jyambere mu Kagari ka Nyagatugunda inkuba yishe umugabo w’imyaka 41 mu gihe umugore w’imyaka 42 we yaguye igihumure.

Ibiza biri mu bitwara ubuzima bw’abantu benshi mu Rwanda. Polisi y’u Rwanda iherutse gutangaza ko ibiza byishe abantu barenga 130, bigasenya inzu  zisaga 1900.
Mu kiganiro RNP na RIB biherutse kugirana n’itangazamakuru ku wa 5 Ukuboza 2025, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa n’ituze rusange, CP G. Rumanzi yavuze ko muri uyu mwaka hari ibintu byahungabanyije ubuzima bw’abantu ariko bikanateza umutekano muke mu gihugu. 
Ati “Ibiza byahitanye abantu barenga 130 mu gihugu hose, harimo abakubiswe n’inkuba ari bo benshi, abagwiriwe n’ibirombe, inkangu ndetse n’abatwawe n’imyuzure.”
Inzu zangijwe n’ibiza muri uyu mwaka zisaga 1900, na ho imyaka yangiritse yari kuri hegitari 1100, mu gihe amatungo yapfuye kubera ibiza arenga 100.



IMIHIGO NEWS | With in the best News


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153