Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026 Ubuyobozi bushya bw’Akarere ka Kayonza ku bufatanye n’abaturage bwatangije umuganda udasanzwe wo gusana uhereye mu gasanteri ka videwo ugera ku ishuri ry’isubuye ry’Abakobwa rya Fawe wari warangiritse bikomeye, hagamijwe koroshya urujya n’uruza rw’abagenzi ndetse n’abanyeshuri n’abayobozi b’Ishuri rya Kaminuza y’urwanda Ishami ry’Uburezi I Rukara no guteza imbere ubwikorezi muri aka karere.
Uyu Muhanda Videwo-Fawe uva ku bitaro bya Gahini ukagera kuri Kaminuza
y’Uburezi ya Rukara, ureshya na kilometero 10. Uyu muhanda wari warangiritse ku
buryo abagenzi batari bakibasha kuwukoresha uko bikwiye cyane cyane mu gihe cy’imvura
bityo bigatuma bisaba kuzenguruka mu nzira ndende kugira ngo bage aho bagomba
kugera.
Mu bikorwa byawo harimo gusibura imiferege no gushyiramo laterite byose
bikorwa ku bufatanye n’abaturage n’abafatanyabikorwa b’akarere. Ubuyobozi kandi
bwatangaje ko hamaze gukorwa inyigo y’umuhanda kugira ngo uzashyirwamo kaburimbo
y’igihe kirekire mu gihe habonetse ingengo y’imari.
Ngabonziza Jean Claude usanzwe ari umumotari yavuze ko mbere umuhanda
wari warangiritse cyane ku buryo kunyuramo byasabaga kwitonda kugira ngo
hirindwe impanuka. Yagize ati:
"Iyo imvura iguye ntitwacaga hano bidusaba kuzenguruka i Gahini ku
bitaro. Kayonza-Videwo ni 1000 Frw ariko iyo bisabye kuzenguruka kubera
umuhanda mubi ibiciro biriyongera bikaba 1500 Frw ikindi moto zacu zagiraga
ibibazo cyane gusa twishimiye ko ugiye gusanwa."
Nikoduhoze François we yagize ati:"Ni akanyamuneza bikaba
n’ibyishimo kuba uyu muhanda wacu uri gukorwa kuko byari bisigaye bitugora
kuwucamo abenshi byabasabaga kuzenguruka ariko ubu turishimye cyane."
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza w’Agateganyo Bwana Hategekimana Fred yasabye abaturage gukoresha uyu muhanda buri munsi no kugira uruhare rwo kuwitaho uko bikwiye anabizeza ko inyigo yo kuwushyiramo kaburimbo yamaze gukorwa.
Yagize ati:"Umuganda twakoze ni ku busabe bw’abaturage kubera
ko umaze iminsi umeze nabi utakiri nyabagendwa. Mu buryo burambye twashyizeho
sosiyete y’urubyiruko izajya iwitaho, itangirana n’itariki ya 1 Gashyantare
2026 izawukore mu gihe cy’umwaka. Turasaba abaturage rero kuzawushakamo akazi
bakanateza imbere imiryango yabo."
Hategekimana yakomeje avuga ko iyo ingengo y’imari ibonetse, umuhanda
uzashyirwamo kaburimbo bikaba bizafasha mu guteza imbere ubwikorezi no
korohereza abagenzi mu karere cyane cyane mu bice byegereye ibitaro by’I Gahini,
kaminuza y’Urwanda, n’ishuri ry’icyitegererezo rya Fawe.


0 Comments
Imihigonews