![]() |
| Ifoto yafashwe ku mbuga nkoranyambaga (social media) |
Nyamasheke, 11 Mutarama 2025 – Umuturage wo mu Murenge wa Nyabitekeri, Akarere ka Nyamasheke, Ndagijimana Felix, yafashwe na RIB nyuma yo gukubita no gukomeretsa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mariba, Ngabonziza Principe.
Amakuru ava mu miryango y’abaturage n’inzego z’ubuyobozi avuga ko
igitero cyabaye mu ijoro ryo ku wa 8 Mutarama 2025 Ni mu gihe ubuyobozi bw’imidugudu
n’inkeragutabara bari mu bugenzuzi bw’imikorere y’irondo n’iy’utubari.
Ngabonziza Principe avuga ko Ndagijimana wari wasinze yamubajije abo
bayobozi abo ari bo n’ibyo bari gukora, abibwira nabi ndetse amubaza n’iby’urwo
rutonde rw’abahawe imfashanyo kubera amapfa.
Gitifu mubyo yabwiwe mbere yo gukubitwa yagize ati:“Ese ni mwe mwankuye
ku rutonde rw’abahawe ibigori?” Ndagijimana ntiyashimishijwe n’igisubizo namuhaye,
ahita ansubiriramo amazina ye ahita ansunika ankubita ikofe ku munwa wo hejuru ntangira
kuvirirana amaraso menshi”.
Uyu muturage yahise yiruka ariko ntiyabashije guhunga kuko hari abandi
bayobozi n’abaturage bahuriyemo. Yaje gufatwa na RIB kuri sitasiyo ya Shangi.
Ngabonziza Principe yoherejwe kwa muganga ku kigo nderabuzima cya
Mukoma hanyuma asabwe gusuzumwa ku Bitaro bya Bushenge kugira ngo harebwe niba
nta kindi kimubayeho.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabitekeri, Harerimana
Naphtal yemeje aya makuru ko Ndagijimana yakoze urugomo ku muyobozi we w’akagari
bityo agashyikirizwa RIB ngo abibazwe.
Ati: “Twamushyikirije RIB kuri sitasiyo ya Shangi ngo akurikiranwe.
Uwakomeretse yasabwe kujya kwa muganga no gutanga ikirego kuri RIB.”
Abaturage bo mu Kagari ka Mariba bagaragaje ko Ndagijimana asanzwe
agira urugomo iyo yasinze akanateza umutekano mucye iyo amaze, ariko banasaba
ko abantu bose bakwirinda guhohotera ahubwo ko bakiyambaza inzego z’ubuyobozi
zisumbuye mu gihe babona barenganyijwe.

0 Comments
Imihigonews