-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Kamonyi: Umu DASSO ashinjwa kwinjira umugore w’undi, ahitamo guta akazi

Inzu avuga ko yaba yarambuwe n'umugore we na DASSO


Kamonyi ku wa 10/01/2026 – Umukozi w’Urwego rwunganira uturere mu gucunga umutekano (DASSO) wo mu Murenge wa Rukoma, Emmanuel, arashinjwa kwinjira mu rugo rw’umugabo umwe akamumenesha umugore we no kwigarurira imitungo ye. Ibi byatumye yihitiyemo guta akazi ke.

Nk’uko byatangajwe n’umugabo ushinjwe DASSO, ikibazo cyatangiriye mu Mudugudu wa Nombe Akagari ka Nyagishubi mu Murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi, aho uyu muryango utuye. Uyu mugabo yavuze ko hashize imyaka itatu DASSO yaramutwariye umugore we ndetse akamumenesha.

Ati:“Hashize imyaka 3 irashije uyu mu DASSO n’umugore wanjye bamenesheje kandi nagiye bankubise byintangarugero. Usibye kumutera ubwoba, bamaze no kubyarana Umwana umwe ndetse yigaruriye inzu imwe yabanagamo n’umugore wanjye.”

Uyu mugabo yanavuze ko DASSO hamwe n’umugore we bamutera mu nzu yari agiye guturamo bituma ahunga ajya gucumbika mu rugo rw’umubyeyi we. Yongeyeho ko yifuza kurenganurwa no gusubizwa imitungo ye yambuwe n’uwo yita ko bashyakanye byemewe n’amategeko ariko akaza ku mutenguha.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uyu mugore uvugwa ko yashakanye n’uyu mugabo ahakana ibyo ashinjwa mu rubanza avuga ko nta mwana yabyaranye na DASSO kandi ko ibirego byose bimushinja ari nta shingiro bifite. Yagize ati:“Icyo twapfuye nta kindi usibye kunyara mu ifu nacuruzaga naho ubundi ibindi anshinja sinzi iyo abikura pe ntanishingiro bifite.”

Uyu mugore kandi yagaragaje ko nyirabukwe we afite uruhare runini mu bibazo cye n’umugabo we.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma Bwana Mandera Innocent yabwiye ikinyamakuru dukesha iyi nkuru ko Emmanuel ataragaragara mu kazi mu minsi ishize, nyuma y’uko amenye ikirego cyatanzwe. Avuga Ati:“Ntabwo aheruka ku kazi. Nari nzi ko yasubiye i Nyarubaka aho atuye.”

Amakuru aturuka mu Mudugudu wa Nombe avuga ko DASSO yabanaga n’uriya mugore mu nzu imwe mbere yo kuva mu kazi ajya gutura aho atuye. Hashize amezi atatu avuye mu kazi ya koraga, nyuma yaje kwandikira Akarere ka Kamonyi asezera ku mirimo yari ashinzwe.

Umugabo ushinja DASSO yavuze ko yatanze ikirego, ariko kugeza ubu ntacyo yahawe. Yongeyeho ko yifuza ko uburenganzira ku mitungo ye bwakurikiranwa ndetse na DASSO wamusenyeye urugo agakurikiranwe n’amategeko.

Iki kibazo kiracyari mu nkiko, aho umugabo urega asaba ko DASSO yakurikiranwa ku byaha byo kwinjira mu rugo rw’umugabo akamumenesha, kwigarurira imitungo y’abandi no guteza umutekano muke. Iyi nkuru ikomeje gukurikirwa n’abaturage n’inzego z’umutekano mu rwego rwo gukemura amakimbirane ashingiye ku mitungo n’imyitwarire y’abakozi b’inzego z’umutekano mu miryango.



IMIHIGO NEWS | With in the best News


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153