-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Ngoma: Rurenge, Rukumberi, Remera na Sake zigera ku finali ya Kagame Cup 2026


Rurenge na Rukumberi mu bagore, Remera na Sake mu bagabo ni yo makipe yageze ku mukino wa nyuma ku rwego rw’Akarere ka Ngoma.
Rurenge na Rukumberi mu bagore, Remera na Sake mu bagabo ni yo makipe yageze ku mukino wa nyuma ku rwego rw’Akarere ka Ngoma.

Amakipe azahagararira Akarere ka Ngoma ku mukino wa nyuma w’Irushanwa ry’Umurenge Kagame Cup 2026 yamaze kumenyekana, nyuma y’imikino ya ½ cya nyuma yakiniwe mu mirenge itandukanye yo muri aka karere ku wa Gatanu.

Aya marushanwa y’uyu mwaka afite insanganyamatsiko igira iti: “Twitabire imikino twimakaza imiyoborere myiza n’umuco wo guhiga no kurushanwa.”

Mu cyiciro cy’abagore, umukino wabereye ku kibuga cya GS Kabare wasize Umurenge wa Rurenge utsinze Rukira igitego 1-0, bituma uhita ugira itike ya finali. Undi mukino wahuje Rukumberi na Gashanda warangiye amakipe anganya ubusa ku busa, Rukumberi itsinda penalite 4-3.

Mu bagabo, kuri Sitade y’Akarere ka Ngoma, umukino wari utegerejwe cyane wahuje Remera na Jarama wasabye penalite, nyuma yo kunganya ibitego 2-2 mu minota 90. Remera yitwaye neza itsinda penalite 5-4, isezerera Jarama yakundwaga na benshi akaba n'ikipe iheruka iki gikombe.

Undi mukino wakiniwe ku isaha ya saa cyenda n’igice wahuje Sake na Kazo, urangira Sake itsinze ibitego 2-1, ihita ibona itike yo gukina umukino wa nyuma.

Ibi bivuze ko ku rwego rw’Akarere ka Ngoma, Rurenge na Rukumberi ari bo bazahurira ku mukino wa nyuma mu bagore, mu gihe Remera na Sake bazahatanira itike yo guhagararira aka karere mu bagabo.

Irushanwa ry’Umurenge Kagame Cup rihuza imirenge yose yo mu gihugu, aho rikorwa mu byiciro bitandukanye birimo urwego rw’akarere, Intara n’Umujyi wa Kigali, mbere yo gusoza ku rwego rw’Igihugu.

Aya marushanwa yatangiye mu 2006 yitwa Amarushanwa y’Imiyoborere Myiza, agamije kwimakaza amahame n’indangagaciro z’imiyoborere myiza binyuze muri siporo. Mu 2010, yahinduriwe izina afata irya Umurenge Kagame Cup, mu rwego rwo gushimira Perezida Paul Kagame ku ruhare rwe rukomeye mu miyoborere myiza no guteza imbere siporo mu Rwanda no mu karere ruherereyemo.

 

IMIHIGO NEWS | Imikino

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153