-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

RBC ivuga ko indwara zititaweho uko bikwiye zizandurwa mu Rwanda bitarenze 2030

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyatangaje ko nubwo hakiri imbogamizi zirimo imyumvire n’ubukene, indwara zititaweho uko bikwiye zizaba zaranduwe mu Rwanda bitarenze 2030.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyatangaje ko n’ubwo hakigaragara imbogamizi zirimo imyumvire imwe n’imwe ndetse n’ubukene, indwara zititaweho uko bikwiye zizaba zaranduwe mu Rwanda bitarenze umwaka wa 2030.

Ibi byatangajwe ku wa Gatanu tariki ya 30 Mutarama 2026, mu Karere ka Ruhango, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara zititaweho uko bikwiye.

Mu ndwara zikiri ikibazo mu Rwanda harimo ubuheri (shishikarushime), kurumwa n’inzoka, kurumwa n’imbwa, inzoka zo mu nda, ténia, bilharziose, imidido, cysticercose n’izindi.


Umuyobozi w’Ishami rya Serivisi z’Ubuzima muri RBC, Dr. Mukagatare Isabelle, yavuze ko ku rwego rw’Isi izi ndwara zibasira abantu bagera kuri miliyari 1.5, zigateza ubumuga, gucika ingingo, ubukene buhoraho ndetse n’urupfu, ari yo mpamvu Leta y’u Rwanda yiyemeje kuzirandura burundu.

“U Rwanda rwakoze byinshi mu guhashya indwara zititaweho uko bikwiye binyuze mu gutanga ibinini by’inzoka, kuzamura isuku n’isukura, gukora ubukangurambaga, kuvura no gukurikirana abarwayi. Ibi byose bigaragaza imbaraga z’ubuyobozi bwiza, imikoranire myiza n’uruhare rwa buri Muturarwanda,” — Dr. Mukagatare Isabelle.

Yongeyeho ko n’ubwo hari intambwe igaragara yatewe, hakiri indwara zigigaragara cyane zirimo inzoka zo mu nda, bilharziose, kurumwa n’inzoka zifite ubumara, ibisazi by’imbwa, ibibembe, imidido n’ubuheri.

Dr. Mukagatare yasobanuye ko kwizihiza uyu munsi mpuzamahanga ari umwanya wo kwigenzura, kureba ibikiri imbogamizi no kunoza ingamba kugira ngo intego y’igihugu yo kuzirandura igerweho bitarenze 2030.

Ku ruhande rw’Umuryango w’Abibumbye, Umuyobozi w’Ishami ryawo ryita ku Buzima (OMS) mu Rwanda, Dr. Brian Chirombo, yashimiye uburyo Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya izi ndwara, ashimangira ko abazirwaye bitabwaho kandi benshi bakazivurwa bagakira.

“U Rwanda rwaranduye indwara y’umusinziro, bityo n’izindi ndwara zititaweho uko bikwiye birashoboka ko zazirandurwa mu gihe hakomeje gukorera hamwe,” — Dr. Brian Chirombo.



Ku rwego rw’abaturage, Nyirabyenda Josiane, utuye mu Mudugudu wa Nyagasozi mu Kagari ka Nyamagana mu Murenge wa Ruhango, yavuze ko atari azi byinshi ku ndwara zititaweho uko bikwiye uretse inzoka zo mu nda.

“Baduha ibinini buri mezi atandatu numva bihagije. Ariko hari abandi bumva ko kuvura izindi ndwara bihenze, bityo Leta ikwiye kongera ubukangurambaga ikamanuka ikagera ku baturage,” — Nyirabyenda Josiane.

RBC igaragaza ko u Rwanda rumaze kugera ku ntsinzi ishimishije, aho rwaranduye indwara y’umusinziro nk’uko byemejwe n’Umuryango w’Abibumbye. Umubare w’abandurwaga n’inzoka zo mu nda wagabanutse uva kuri 66% mu 2020 ugera kuri 39%, mu gihe indwara y’ibibembe yagabanutseho 30% mu 2025. Indwara y’ibinyoro nayo yamaze guhashywa ku buryo itakivugwa mu Rwanda.

Abashinzwe ubuzima bagaragaza ko gukomeza ubukangurambaga, kunoza serivisi z’ubuvuzi no guhindura imyumvire y’abaturage bizihutisha intego yo kurandura burundu indwara zititaweho uko bikwiye, bigateza imbere ubuzima rusange n’iterambere rirambye ry’igihugu.

 



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153