![]() |
| Perezida wa Venezuwera yagaze mu maboko ya Amerika |
Ku wa 3 Mutarama 2025, Perezida wa Venezuela n’umugore we bafashwe n’abasirikare ba Amerika bagahita ajyanwa muri Manhattan, aho akurikiranweho ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge n’ibikorwa by’iterabwoba.
Mu gitondo cyo ku wa 3 Mutarama 2025, Amerika yagabye igitero
gikomeye mu Murwa Mukuru wa Venezuela, Caracas, maze Perezida Nicolas Maduro
n’umugore we bafatwa bagashyirwa mu ndege bajyanwa i New York. Bashinjwa
kwinjiza ibiyobyabwenge birimo cocaine ndetse no gukora n’ibikorwa
by’iterabwoba.
Gufatwa kwa Maduro byakozwe n’umutwe wihariye w’abasirikare ba
Amerika, Delta Force, bakoresheje indege 150 mu gitero cyakorewe mu cyumba cye.
Nyuma yo gufatwa, yagejejwe i New York aho azakurikiranywe n’urukiko rwa
Manhattan. Iki gikorwa cyateje impaka zikomeye ku rwego mpuzamahanga, aho
ibihugu bitandukanye byagaragaje imyitwarire itandukanye ku bijyanye
n’amategeko mpuzamahanga n’ubwigenge bwa Venezuela.
U Bwongereza: Minisitiri w’Intebe Keir Starmer yavuze ko
bazakomeza kuganira na Amerika ku hazaza ha Venezuela mu miyoborere y’imakaza
demokarasi, kandi ko batubahirije Maduro nka perezida wemewe.
U Bufaransa: Perezida Emmanuel Macron yavuze ko Maduro yatesheje
agaciro abaturage be, asaba gushyiraho ubuyobozi bwimakaza demokarasi buyobowe
na Edmundo González Urrutia.
Komisiyo y’Ubumwe bw’Uburayi: Ursula von der Leyen yavuze ko
ibiri kuba bikurikiranwa hafi, ariko ko ibyemezo bigomba kubahiriza amategeko
mpuzamahanga.
Brésil na Cuba: Perezida Lula da Silva na Miguel Díaz-Canel
bamaganye igitero, bavuga ko ari ibyaha bidakwiye kwihanganirwa.
Mexique: Claudia Sheinbaum yamaganye igitero, mu gihe Perezida
Javier Milei yagikiriye neza, avuga ko ubwingenge bwatsinze.
Ubushinwa: Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yamaganye ikoreshwa
ry’ingufu z’umurengera mu kwibasira ubusugire bw’igihugu cya Venezuela.
Israel: Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yashimangiye ko
ubuyobozi bwa Trump bukomeje kubahiriza ubwigenge n’ubutebera.
New York: Meya Zohran Mamdani yavuze ko gufatwa kwa Maduro
n’umugore we kutubahirije amategeko mpuzamahanga, kandi ko yagerageje
guhamagara Trump mbere y’igikorwa kugira ngo amugaze.
Ifatwa rya Nicolas Maduro n’umugore we n’ibyabaye nyuma yaho
byateje impaka zikomeye ku rwego rw’isi, bigaragaza ukuntu ibihugu bifite
imyumvire itandukanye ku bwigenge n’amategeko mpuzamahanga. Ubu, Venezuela iri
mu bihe bikomeye mu miyoborere, kandi ibi bishobora kugira ingaruka ku bukungu
n’umutekano w’akarere k’Amajyepfo y’Amerika.

0 Comments
Imihigonews