-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Caracas – Nicolas Maduro Yagejwejewe i New York-Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ku Byaha By’Ibiyobyabwenge

Perezida wa Venezuwera yagaze mu maboko ya Amerika


Ku wa 3 Mutarama 2025, Perezida wa Venezuela n’umugore we bafashwe n’abasirikare ba Amerika bagahita ajyanwa muri Manhattan, aho akurikiranweho ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge n’ibikorwa by’iterabwoba.

Mu gitondo cyo ku wa 3 Mutarama 2025, Amerika yagabye igitero gikomeye mu Murwa Mukuru wa Venezuela, Caracas, maze Perezida Nicolas Maduro n’umugore we bafatwa bagashyirwa mu ndege bajyanwa i New York. Bashinjwa kwinjiza ibiyobyabwenge birimo cocaine ndetse no gukora n’ibikorwa by’iterabwoba.

Gufatwa kwa Maduro byakozwe n’umutwe wihariye w’abasirikare ba Amerika, Delta Force, bakoresheje indege 150 mu gitero cyakorewe mu cyumba cye. Nyuma yo gufatwa, yagejejwe i New York aho azakurikiranywe n’urukiko rwa Manhattan. Iki gikorwa cyateje impaka zikomeye ku rwego mpuzamahanga, aho ibihugu bitandukanye byagaragaje imyitwarire itandukanye ku bijyanye n’amategeko mpuzamahanga n’ubwigenge bwa Venezuela.

U Bwongereza: Minisitiri w’Intebe Keir Starmer yavuze ko bazakomeza kuganira na Amerika ku hazaza ha Venezuela mu miyoborere y’imakaza demokarasi, kandi ko batubahirije Maduro nka perezida wemewe.

U Bufaransa: Perezida Emmanuel Macron yavuze ko Maduro yatesheje agaciro abaturage be, asaba gushyiraho ubuyobozi bwimakaza demokarasi buyobowe na Edmundo González Urrutia.

Komisiyo y’Ubumwe bw’Uburayi: Ursula von der Leyen yavuze ko ibiri kuba bikurikiranwa hafi, ariko ko ibyemezo bigomba kubahiriza amategeko mpuzamahanga.

Brésil na Cuba: Perezida Lula da Silva na Miguel Díaz-Canel bamaganye igitero, bavuga ko ari ibyaha bidakwiye kwihanganirwa.

Mexique: Claudia Sheinbaum yamaganye igitero, mu gihe Perezida Javier Milei yagikiriye neza, avuga ko ubwingenge bwatsinze.

Ubushinwa: Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yamaganye ikoreshwa ry’ingufu z’umurengera mu kwibasira ubusugire bw’igihugu cya Venezuela.

Israel: Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yashimangiye ko ubuyobozi bwa Trump bukomeje kubahiriza ubwigenge n’ubutebera.

New York: Meya Zohran Mamdani yavuze ko gufatwa kwa Maduro n’umugore we kutubahirije amategeko mpuzamahanga, kandi ko yagerageje guhamagara Trump mbere y’igikorwa kugira ngo amugaze.

Ifatwa rya Nicolas Maduro n’umugore we n’ibyabaye nyuma yaho byateje impaka zikomeye ku rwego rw’isi, bigaragaza ukuntu ibihugu bifite imyumvire itandukanye ku bwigenge n’amategeko mpuzamahanga. Ubu, Venezuela iri mu bihe bikomeye mu miyoborere, kandi ibi bishobora kugira ingaruka ku bukungu n’umutekano w’akarere k’Amajyepfo y’Amerika.

 

IMIHIGO NEWS | With in the best News

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153