Polisi yo muri Leta ya Adamawa muri Nijeriya yatangaje ko yataye muri yombi abantu babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abagore batatu bishwe mu makimbirane y’abaturage yongeye kuba mu bice bya Lamurde Local Government Area, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Mutarama 2026.
Aya makimbirane ashingiye ku kutumvikana kw’abaturage bo mu
bwoko bwa Bachama na Chobo amaze igihe agaragara muri aka gace, aho mu kwezi
gushize yari yarahitanye ubuzima bw’abantu barenga 10. Polisi ivuga ko yihutiye
gutabara kugira ngo irinde ko umutekano utarushaho kuzamba.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku gicamunsi cyo kuri iki
Cyumweru, Umuvugizi wa Polisi muri Leta ya Adamawa, Suleiman Nguroje, yatangaje
ko abagore batatu bagabweho igitero bakicwa bari mu mirima yabo iri hafi
y’umudugudu wa Tigno mu Karere ka Lamurde.
Nguroje yavuze ko abaketswe muriiyimirwano ari William Joshua
w’imyaka 30 na Ezekiel Luka w’imyaka 23 bombi batuye mu mudugudu wa Tigno
batawe muri yombi nyuma y’amakuru yizewe Polisi yahawe.
Yongeyeho ko mu byo Polisi yafashe harimo:
- amasasu
29 atarakoreshwa,
- magazini
imwe y’imbunda yo mu bwoko bwa AK-47,
- amafaranga
angana na Naira 90,000 yahomuri Nijeriya n’ibindi bikoresho byafatanywe
abaketswe.
Komiseri wa Polisi muri iyo Leta CP Dankombo Morris yasabye
abaturage agahende ko gutuza no kwirinda kwihorera abizeza ko Polisi iri gukora
ibishoboka byose mu buryo bwemewe n’amategeko kugira ngo ababigizemo uruhare
bose n’ababishishikarije bagenzi babo bashyikirizwe ubutabera.
Aka gace ka Lamurde LGA kamaze igihe kagaragaramo amakimbirane
akomoka ku ntambara z’abaturage, aho mu kwezi gushize abantu barenga 10 barimo
abagore batanu bahasize ubuzima. Polisi ivuga ko ingamba z’umutekano zakajijwe
muri ako gace, mu rwego rwo gukumira ko habaho andi makimbirane ashobora
guhungabanya umutekano w’abaturage.
IMIHIGONEWS| With in the best News

0 Comments
Imihigonews