-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Abanyeshuri bakangurirwa gukoresha Ikinyarwanda kinoze mu mashuri yisumbuye – Dr Bizimana



Mu gihe amarushanwa y’urubyiruko yo kunoza Ikinyarwanda akomeje, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene, asaba abanyeshuri kuba intangarugero mu gukoresha ururimi rw’Igihugu.

Ku wa 10 Gashyantare 2026 – Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) Dr Bizimana Jean Damascene yatangaje ko abize ari bo bakunze kwica Ikinyarwanda mu buryo butaboneye, asaba abanyeshuri gukoresha ururimi rw’Igihugu ku buryo buzira amakemwa, mu mashuri no mu miryango yabo, kugira ngo umurage w’u Rwanda usigasirwe.

Dr Bizimana yabigarutseho ubwo yitabiraga amarushanwa agamije gushishikariza urubyiruko rwo mu mashuri yisumbuye gukoresha Ikinyarwanda kinoze, kurangwa n’umuco n’indangagaciro z’igihugu.

Yagize ati:“Ikinyarwanda ntabwo cyangizwa n’abatarize cyangwa n’umuntu utarize, ahubwo cyangizwa n’uwumva ko adashyizemo izindi ndimi kandi atita ku ntego yo kuba Umunyarwanda nyakuri. Akenshi abayobozi, abanyeshuri, n’ibyamamare baciye mu ishuri bakwiye kuba intangarugero, ariko ni bo bakunze kugikomeretsa.”

Minisitiri yahaye abanyeshuri inshingano yo kunoza ururimi kavukire aho bari hose, by’umwihariko mu miryango yabo, kandi bakagira uruhare mu kwigisha no gukangurira ababyeyi gukoresha Ikinyarwanda.

“Ikinyarwanda kiboneye mu gihe abantu bacyigisha kumenya izindi ndimi zikoreshwa mu Rwanda. Nimugera mu miryango, mujye mubwira ababyeyi kandi mubafashe kunoza ururimi rwacu.”

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), Dr Nelson Mbarushimana yashimangiye ko REB izakomeza gushyigikira gahunda zose zigamije guteza imbere Ikinyarwanda n’umuco w’u Rwanda binyuze mu rubyiruko.

“Nk’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze, twiyemeje gushyigikira gahunda zose zigamije guteza imbere Ikinyarwanda n’indangagaciro z’Igihugu.”

Ku rwego rw’ibigo by’amashuri yisumbuye, amarushanwa yagaragaje ko ES Bumbogo ari yo yatsinze ku manota 90%, mu gihe ES Kagarama yegukanye 70%. Aba banyeshuri bazahura n’abandi ku rwego rw’Intara, maze abatsinze bazahurira ku rwego rw’Igihugu mu cyiciro cya nyuma kizabera muri Gicurasi 2026.

Aya marushanwa agamije gukomeza gusigasira Ikinyarwanda, umuco, n’indangagaciro z’u Rwanda mu rubyiruko, ndetse no gukangurira abanyeshuri kuba intangarugero mu gukoresha neza ururimi kavukire mu mashuri no mu miryango yabo.

Dr Bizimana yasabye abanyeshuri guhora bakebura bagenzi babo no gufasha ababyeyi kunoza Ikinyarwanda, kuko hari ababyeyi batakizi kubera amateka n’ubumenyi buke.

“Urubyiruko rugomba kuba intangarugero mu gukoresha ururimi kavukire, kandi rugafasha ababyeyi n’abavandimwe kwiga no gukoresha Ikinyarwanda mu buzima bwa buri munsi.”



Imihigonews|Amakuru|Kwiga ururimi rw’ikinyarwanda



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153