
Umutekano muce mu burasirazuba bwa DRCongo
Intambara ikomeje mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira
Demokarasi ya Congo (DRC) iragenda irushaho gukaza umurego, aho amakuru aturuka
muri icyo gihugu agaragaza ko imirwano hagati y’ingabo za Leta n’umutwe wa M23
iri gusiga ingaruka zikomeye ku baturage.
Abayobozi muri DRC bakomeje gushinja u Rwanda gufasha no
gushyigikira umutwe wa M23, bavuga ko ibyo binyuranyije n’amasezerano y’amahoro
aherutse gusinywa hagamijwe kugarura ituze mu karere. U Rwanda rwo rwakomeje
kugaragaza ko rushyigikiye inzira y’ibiganiro, rukamagana ibirego rushinjwa.
Mu minsi ishize, M23 yakajije ibitero mu bice bitandukanye bya
Kivu y’Amajyepfo, by’umwihariko mu nkengero z’umujyi wa Uvira. Ibi byatumye
umutekano urushaho guhungabana, abaturage benshi batangira guhunga ingo zabo
bashaka aho bakinga umusaya.
Abasesenguzi mu bya politiki y’akarere bavuga ko gukomeza
kwiyongera kw’imirwano bishobora gushyira igitutu ku mibanire y’ibihugu byo mu
Karere k’Ibiyaga Bigari, cyane cyane mu gihe ibiganiro by’amahoro bitaragera ku
musaruro uhamye.
Ku ruhande rw’abaturage, imibereho irarushaho kuba mibi. Hari
abamaze kuva mu byabo ari benshi, bamwe bakambuka imipaka berekeza mu bihugu
bituranye, abandi bakaba bari mu nkambi z’agateganyo imbere mu gihugu. Ibikorwa
remezo birimo imihanda, amashuri n’amavuriro nabyo byangiritse cyangwa
birafungwa kubera umutekano muke.
N’ubwo impande zombi zikomeje gushyira ahagaragara imyanzuro
zitangaza, icyizere cy’amahoro arambye kiracyari gike mu maso y’abaturage
basanzwe, ari bo ba mbere bahura n’ingaruka z’iyi ntambara.
Kugeza ubu, amahanga akomeje gukurikirana iki kibazo, asaba ko
impande zose zagabanya ubushyamirane zigashyira imbere ibiganiro bigamije
kugarura ituze rirambye mu karere.
0 Comments
Imihigonews