Addis Ababa muri Ethiopia niho Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Afurika y’Epfo byakoze ikosa mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku mbuga nkoranyambaga aho byibeshye ku izina rya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bimwita izina ritari ryo mbere yo kubikosora.
Iryo kosa ryagaragaye nyuma y’inama yahuje Perezida wa RDC, Félix
Tshisekedi na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, bahuriye i Addis
Ababa muri Ethiopia.
Aba bayobozi bombi bitabiriye Inama y’Inteko Rusange ya 39
y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zigize African Union, yabaye ku wa 14 no
ku wa 15 Gashyantare 2026.
Ku wa 15 Gashyantare 2026 ni bwo Perezida Ramaphosa na Tshisekedi bagiranye ibiganiro byihariye ku ruhande rw’inama rusange. Nyuma y’iyo nama, Ibiro bya Perezida wa Afurika y’Epfo byashyize hanze ubutumwa buvuga ko Perezida Cyril Ramaphosa yagiranye ibiganiro na “Perezida Philip Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”
Icyakora, nyuma y’igihe gito iryo tangazo risohotse, ryaje
gusibwa rihita risimbuzwa irindi rikosoye aho izina “Philip” ryahinduwe
rikandikwa neza “Félix.”
N’ubwo ubutumwa bwakosowe bwihuse, hari abantu bari bamaze
kubufata amashusho no kubusangiza abandi ku mbuga nkoranyambaga. Byatumye iryo
kosa rikomeza kuvugwa mu bitangazamakuru no mu biganiro byo kuri internet.
Kugeza ubu, nta tangazo ryihariye Ibiro bya Perezida wa Afurika
y’Epfo biratangaza risobanura impamvu y’iri kosa cyangwa risaba imbabazi ku
mugaragaro.
Amakosa nk’aya ajya agaragara mu itumanaho rya dipolomasi, cyane
cyane mu bihe by’inama zikomeye mpuzamahanga ziba zihuje abayobozi benshi. Gusa
iyo ari mu rwego rwa Perezidansi, birushaho gukurura ibitekerezo by’abantu
bitewe n’uburemere bw’izo nzego.
Inama ya 39 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika
Yunze Ubumwe yibanze ku bibazo by’umutekano, ubufatanye mu bukungu ndetse
n’iterambere rirambye ku mugabane wa Afurika.
![]() |
| Bafashe ifoto y'urwibitso abayobozi bahagarariye ibihugu na za guverinoma mu nama ya AU |
Imihigonews




0 Comments
Imihigonews