
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 3 Gashyantare 2026,
Amagaju FC yatangaje ko yamaze gusinyisha umutoza mushya ku masezerano y’amezi
atandatu, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.
Iyi kipe yo mu Majyepfo y’u Rwanda yafashe iki cyemezo mu
ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama 2026, nyuma yo gutandukana na Niyongabo Amars
wari umutoza mukuru wayo afatanyije n’abungiriza be. Uku gutandukana kwabaye
nyuma y’aho Amagaju FC itsinzwe na Al Hilal SC ibitego 8-0, umukino watunguye
benshi.
Uyu mutoza mushya w’imyaka 41 yari amaze igihe nta kazi, nyuma
yo gutandukana na Ismaily SC yo mu Misiri mu Ukwakira 2025, aho yari asanzwe
ari umutoza wungirije.
Mu mateka ye y’akazi, yanyuze mu makipe atandukanye arimo Young
Africans SC (Yanga) yo muri Tanzania mu mwaka w’imikino wa 2021/2022, ndetse na
Al Merrikh SC yo muri Sudani mu mwaka w’imikino wa 2020/2021, aho na ho
yakoraga nk’umutoza wungirije.
Aje mu gihe Amagaju FC iri mu bihe bikomeye, dore ko yasoje
imikino ibanza ya Shampiyona y’u Rwanda iri ku mwanya wa 16 mu makipe 18,
n’amanota 13, bikaba biyishyira mu makipe arwanira kuguma mu Cyiciro cya Mbere.
Umukino wa mbere w’uyu mutoza mushya uzaba ku Cyumweru tariki ya
8 Gashyantare 2026, aho Amagaju FC izakira Gicumbi FC mu mukino w’Umunsi wa 18
wa Shampiyona y’u Rwanda.
0 Comments
Imihigonews