-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

U Rwanda rwoherereje Mozambique inkunga yo gufasha abasigaye mu byabo nyuma y’imyuzure


Kigali, 3 Gashyantare 2026 – Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda yatangaje ko guverinoma y’u Rwanda yoherereje Mozambique toni 20 z’ibiribwa, imiti, n’ibikoresho byo gufasha abaturage bahungiye mu byabo nyuma y’imyuzure.

Itangazo rya Minisiteri ryasohowe kuri uyu wa Kabiri rigira riti:

“Guverinoma y’u Rwanda yoherereje Mozambique toni 20 zirimo ibiribwa, imiti n’ibindi bikoresho byo kugoboka iki gihugu cyibasiwe n’imyuzure yahitanye abaturage, ituma abandi bava mu byabo.”

Si ubwa mbere u Rwanda rutanga inkunga nk’iyi. Mu mwaka wa 2025, binyuze ku bufatanye n’ubwami bwa Jordaniya, u Rwanda rwoherereje abanya Gaza toni 40 z’ibiribwa n’imiti, bigenewe gufasha abaturage bari mu bibazo byo kubona ibiribwa n’imiti.

Umubano w’u Rwanda na Mozambique watangiye mu 1990, ariko wongerewe imbaraga mu 2018 ubwo ibihugu byombi byashyiraho Komisiyo ihuriweho igamije guteza imbere ubufatanye mu by’ubukungu, umutekano n’ibindi.

U Rwanda kandi rufitanye ubufatanye bukomeye n’inzego z’umutekano za Mozambique mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba mu ntara ya Cabo Delgado kuva muri Nyakanga 2021. Ibyo byatumye ibyihebe byirukanywa mu birindiro byabo, aho byari byarashingiye mu turere dutandukanye, bigahungira mu mashyamba bigakurikiranwa n’inzego z’umutekano.

Nyuma yo gutsinsura ibyihebe, abaturage bari barahunze basubiye mu ngo zabo, kandi ibikorwaremezo birimo umuriro w’amashanyarazi byatangiye kongera gukora, bitanga icyizere ku gusubira mu buzima busanzwe.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ishimangira ko guverinoma ikomeje gushyigikira ibihugu bibabaye ku isi binyuze mu bufatanye n’inkunga zifatika z’ubutabazi.

IMIHIGO NEWS



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153