
Kigali, Rwanda – Ubuyobozi bwa Etincelles FC
bwatangaje ku wa Kabiri, tariki ya 3 Gashyantare 2026 ko bwasubitse
amasezerano n’abatoza bayo kubera umusaruro muke w’ikipe, maze Bizimana Abdou
(Bekeni) ayitoza by’agateganyo mu gihe hagishakishwa abandi bazasimbura.
Masudi Djuma yari amaze amezi ane ayobora
ikipe aho yari yaje asimbuye Seninga Innocent.
Si ubwa mbere Bekeni agiye gutoza Etincelles
FC; yaherukaga kuyitoza muri Werurwe 2022, asimbura Calum Shaun wari
wamusimbuye mu 2020. Muri ubwo buryo, Bekeni akunze kugaragaza uruhare rwe mu
gutegura no kuyobora iyi kipe.
Etincelles FC izasubira ku kibuga ku wa
Gatandatu, tariki ya 7 Gashyantare 2026, yakira Musanze FC mu mukino w’umunsi
wa 17 wa Shampiyona y’u Rwanda.
Mu rwego rwo kwitegura neza uyu mukino,
ikipe yongereyeho abakinyi batatu bashya, barimo Umunya-Cameroun Assana Nah
Innocent, wahoze akinira Rayon Sports, mu rwego rwo kongera imbaraga no
kwirinda kuguma ku mwanya wa nyuma w’amanota 11.
0 Comments
Imihigonews