
Muhanga, Rwanda – Abantu batatu bo mu
Murenge wa Bweramana, mu Karere ka Muhanga, bamaze kwitaba Imana mu bihe
bitandukanye ni mu gihe undi umwe ari kwitabwaho n’abaganga mu Bitaro
by’Akarere ka Ruhango i bya Gitwe, icyaba cyateye uru rupfu kikaba
kitaramenyekana.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweramana, Bwana Nsanzimfura
Jean de Dieu, yavuze ko n’ubwo hari amakuru aturuka mu baturage avuga ko abo
bantu bashobora kuba bazize inzoga banyoye, ubuyobozi budashobora kubyemeza
kuko iperereza rigikomeje.
Yagize ati: “Ni byo koko abantu batatu bamaze kwitaba Imana,
ariko nta cyo twakwemeza ku cyabiteye uru rupfu. Inzego zibishinzwe zatangiye
iperereza. Ikindi ni uko batapfiriye rimwe, kuko bagiye bapfa mu bihe
bitandukanye, kandi bari umuryango w’umugore n’umugabo.”
Yongeyeho ko ayo makuru yamenyekanye ahagana saa yine z’igitondo
cyo ku wa Mbere tariki ya 2 Gashyantare 2026, ari na bwo bahise batabaza Urwego
rw’Ubugenzacyaha (RIB), Polisi n’izindi nzego z’umutekano.
Ati: “Abitabye Imana ubu imibiri yabo iri mu buruhukiro
bw’Ibitaro bya Gitwe, naho undi umwe ari kwitabwaho n’abaganga. Biteganyijwe ko
imirambo izakorerwa isuzuma kugira ngo hamenyekane icyabiteye uru rupfu.”
Ubuyobozi buvuga ko abo bantu bose bari batuye mu Kagari kamwe
ariko mu midugudu itandukanye, amakuru akaba yaratanzwe n’abayobozi
b’imidugudu, mu gihe iperereza rikomeje.
Ku rundi ruhande, amakuru aturuka mu baturage avuga ko abitabye
Imana ari abagore babiri n’umugabo umwe, bakekwaho kuba barafashwe n’uburwayi
butunguranye burimo kubabara mu nda no mu mutwe, nyuma yo gusangira inzoga.
Icyakora, izi mvugo z’abaturage ntiziremezwa n’inzego z’ubuyobozi mu gihe
hategerejwe ibisubizo by’iperereza.
Ubuyobozi burasaba abaturage gutuza no kwirinda guhererekanya
amakuru ataremezwa, mu gihe inzego zibishinzwe zikomeje gushaka icyateye uru
rupfu.
0 Comments
Imihigonews