![]() |
Kigali Convention Centre Night View.jpg |
Kigali mu Rwanda – Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yiteguye
kwakira Inama ya 66 y’Ihuriro Mpuzamahanga ryita ku itegurwa ry’Inama
(International Congress and Convention Association – ICCA), iteganyijwe kubera
i Kigali kuva ku wa 24 kugeza ku wa 27 Ukwakira 2027.
Iyi nama ifatwa nk’amateka akomeye ku Mugabane wa Afurika, kuko
izaba ibaye ku nshuro ya mbere ibereye kuri uyu mugabane nyuma y’imyaka 20
ishize. Iheruka kubera muri Afurika mu 2004, ubwo yateraniraga i Cape Town muri
Afurika y’Epfo.
Inama ya ICCA ihuza abayobozi n’impuguke mu itegurwa ry’inama
n’ibikorwa mpuzamahanga (Meetings, Incentives, Conferences and Exhibitions –
MICE), barimo abahagarariye ibihugu, abayobozi b’ibigo n’inzego zitandukanye,
bagasuzuma ingamba zo guteza imbere uru rwego, kubaka ubushobozi no kongera
uruhare rwa Afurika mu kwakira inama mpuzamahanga.
Kuyakira i Kigali bigaragaza izamuka ry’uyu mujyi nk’icyerekezo
cyihuse kandi cyizewe mu kwakira inama n’ibikorwa mpuzamahanga muri Afurika,
by’umwihariko hashingiwe ku bikorwa remezo bigezweho, serivisi zinoze
n’ubunyamwuga mu kwakira abashyitsi.
Janet Karemera, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe
guteza imbere Ubukerarugendo Bushingiye ku Nama (Rwanda Convention Bureau –
RCB), yavuze ko kwakira iyi nama ari icyemezo gikomeye ku Rwanda.
Yagize ati: “Ni icyubahiro gikomeye ku Rwanda kwakira Inama
ya ICCA no kwakira umuryango mugari w’iri huriro ugiye gusubira muri Afurika ku
nshuro ya mbere mu myaka 20 ishize.”
Inama iheruka kubera muri Afurika ni iyo mu 2004 yabereye i Cape
Town, ari na yo yari iya mbere ICCA yazanye ku Mugabane wa Afurika, ku nshuro
yayo ya 43.
Kwakira Inama ya 66 ya ICCA bituma u Rwanda ruba igihugu cya
kabiri cyo muri Afurika kigeze kwakira iyi nama, mu nshuro 66 imaze guterana ku
Isi. Impuguke mu by’itangwa rya serivisi z’inama zivuga ko ibi bigaragaza
imbaraga u Rwanda rukomeje gushyira mu kwimakaza ubunyamwuga, ireme rya
serivisi no kwakira neza abashyitsi.
Madamu Karemera yongeyeho ko aya mahirwe agaragaza iterambere
ry’u Rwanda n’uruhare rw’Afurika mu ruhando mpuzamahanga rw’inama n’ibikorwa
(MICE), anashimangira imikoranire ihamye n’abafatanyabikorwa bo mu gihugu no mu
karere.
Ku ruhande rwa ICCA, Umuyobozi Mukuru wayo, Senthil Gopinath,
yavuze ko inama izabera i Kigali izaba urubuga ruhuza Afurika n’Isi, ikanatanga
amahirwe mashya yo guteza imbere uru rwego ku Mugabane wa Afurika.
Ati: “Icyerekezo cya Kigali kigaragaza ukwiyemeza, guhanga
udushya no gukorera ku rwego rwo hejuru mu kwakira inama mpuzamahanga.
Twishimiye amahirwe ari imbere n’uruhare iyi nama izagira mu gutegura ahazaza
h’urwego rwacu.”
Nyuma y’i Kigali mu 2027, biteganyijwe ko Inama ya ICCA
izakurikira izabera i Muscat muri Oman mu 2028, kuva ku wa 12 kugeza ku wa 15
Ugushyingo.
ICCA ni umuryango mpuzamahanga uzwiho gukurikirana no gushyira
ku rutonde imijyi n’ibihugu hagendewe ku bushobozi bwabyo mu kwakira inama
n’ibikorwa mpuzamahanga. U Rwanda, by’umwihariko Umujyi wa Kigali, rwagiye
rugaragara ku isonga muri Afurika, aho ICCA yarushyize ku mwanya wa kabiri muri
Afurika mu kwakira inama mpuzamahanga zikomeye, inyuma ya Cape Town.
Iri shimwe rishingiye ku bikorwa remezo bikomeye birimo Kigali
Convention Centre, Camp Kigali, Intare Conference Arena, ikoranabuhanga
rigezweho, n’uburyo bworoshye bwo kubona visa ku kibuga cy’indege.
Urwego rw’inama n’ibikorwa mpuzamahanga rukomeje gutanga
umusanzu ukomeye mu bukungu bw’u Rwanda binyuze mu kwinjiza amadevize, guteza
imbere amahoteli no guhanga imirimo mishya, bikarushaho gutuma u Rwanda ruba
icyerekezo cy’ingenzi cy’ubukerarugendo bushingiye ku nama muri Afurika.

0 Comments
Imihigonews